Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko yiteguye kwakira abimukira n’abasaba ubuhungiro bazoherezwa n’u Bwongereza, ndetse ko n’iyo n’ubu bahita baza, basanga gahunda z’uburyo bagomba kwakirwa ziri ku murongo. Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma ati “N’ejo baje twabakira.”

Hirya y’ejo hashize, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu yagiranye n’u Rwanda, yemeza ko iki Gihugu gitekanye gishobora koherezwamo abimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri tegeko ryatowe nyuma y’amasaha macye Minisitiri w’u Bwongereza, Rishi Sunak atangaje ko Igihugu cye kiteguye kohereza mu Rwanda abimukira n’abasaba ubuhungiro barebwa n’iyi gahunda, ndetse ko indege izatwara aba mbere, ishobora kuzahaguruka mu byumweru 10 cyangwa 12 biri imbere.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwamda, Alain Bernard Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyakiriwe neza ku ruhande rw’u Rwanda, kuko n’ubusanzwe iyi gahunda igamije kubonera igisubizo ibibazo bituma hari ubuzima bw’abantu buhatikirira.

Nanone kandi kuba Inteko y’u Bwongereza ari yo yafashe iki cyemezo mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu ari na yo yasabye u Rwanda gufatanya muri iyi gahunda, ari ibintu bishimije.

Ati “U Rwanda ntabwo rwari kwivanga mu bibera mu Nteko, mu bibera mu Nkiko, mu bibera mu Gihugu cy’u Bwongereza. Ibyo byarabarebaga, niba babashije kubikemura, u Rwanda rwemeye ko ruzabishyira mu bikorwa rufatanyije n’u Bwongereza. U Rwanda rurabyishimiye kuko nibura hagiye kugaragazwa ukugerageza kundi n’inzira yakemurwamo kiriya kibazo.”

Ni icyemezo cyafashwe cyarabanjirijwe n’impaka zitandukanye zirimo n’ibyemezo byafashwe n’Inkiko zo mu Bwongereza, zari zabanje gutesha agaciro aya masezerano y’Ibihugu byombi, zivuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyo koherezwamo abimukira.

Mukuralinda ati “Ni byiza ko uyu munsi havugurujwe icyemezo cyari cyaje kivuga ko mu Rwanda nta mutekano uhari, uretse ko njyewe nsanga n’ubundi umutekano abantu ba mbere bakwiye kuwuvuga ni abawubamo, ni Abanyarwanda ubwabo bakwiye kubazwa niba bavuga bati ‘turi mu mutekano cyangwa ntawo dufite’, ntabwo ari umuntu wicaye ikantarange udashaka no kuza kugenzura ugendera gusa kuri raporo bamubwiye.”

 

N’ejo baje twabakira

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda; avuga ko u Rwanda rwiteguye kwakira abimukira n’abashaka ubuhungiro bazoherezwa n’u Bwongereza.

Ati “U Rwanda ruriteguye, n’ejo baje twabakira. Ejo mvuga ntabwo ari bya bindi byo kuvuga bya Kinyarwanda, ejo ku wa Gatatu, bafashe indege iri joro, mu gitondo bakagera i Kanombe twabakira.”

Aya masezerano ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda yashyizweho umukono bwa mbere muri Mata 2022, aza gusubirwamo mu mpera z’umwaka ushize nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rugaragaje ibyaburagamo.

Mukuralinda avuga ko kuva muri 2022 u Rwanda rwo rwakomeje kwitegura gushyira mu bikorwa aya masezerano rwagiranye n’u Bwongereza.

Ati “Ntabwo waba warabonye imyaka ibiri yo kwitegura ngo habe hari icyagutungura. Rwose u Rwanda ruriteguye ntibagire impungenge, nk’uko biteganyijwe muri ariya masezerano, aho bagomba kuza kuba mu gihe cy’agateganyo mu gihe runaka cy’amezi abiri atatu, atanu atandatu, harahari harateguye, noneho n’aho bagomba kujya kuba bavuye mu gihe cy’agateganyo bazaba burundu kandi bakazabana n’abandi Banyarwanda nk’uko na ho hateganywa n’ayo masezerano, na ho harimo gutegurwa.”

Mukuralinda avuga ko kuba hatewe intambwe iganisha ku gushyira mu bikorwa aya masezerano, hatazabura abakomeza kunenga iyi gahunda, ariko ko abayinenga bose nta n’umwe wigeze agaragaza indi nzira yakoreshwa mu gushaka umuti w’iki kibazo cyakunze guhitana ubuzima bwa bamwe, ahubwo ko babiterwa n’izindi nyungu zibyihishe inyuma zirimo iza bamwe bakurura bishyira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nineteen =

Previous Post

Volleyball: Muri Shampiyona Nyafurika ikipe y’u Rwanda yabaye iya 18, iya Congo iba iya 20

Next Post

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.