Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko yiteguye kwakira abimukira n’abasaba ubuhungiro bazoherezwa n’u Bwongereza, ndetse ko n’iyo n’ubu bahita baza, basanga gahunda z’uburyo bagomba kwakirwa ziri ku murongo. Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma ati “N’ejo baje twabakira.”

Hirya y’ejo hashize, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu yagiranye n’u Rwanda, yemeza ko iki Gihugu gitekanye gishobora koherezwamo abimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri tegeko ryatowe nyuma y’amasaha macye Minisitiri w’u Bwongereza, Rishi Sunak atangaje ko Igihugu cye kiteguye kohereza mu Rwanda abimukira n’abasaba ubuhungiro barebwa n’iyi gahunda, ndetse ko indege izatwara aba mbere, ishobora kuzahaguruka mu byumweru 10 cyangwa 12 biri imbere.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwamda, Alain Bernard Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyakiriwe neza ku ruhande rw’u Rwanda, kuko n’ubusanzwe iyi gahunda igamije kubonera igisubizo ibibazo bituma hari ubuzima bw’abantu buhatikirira.

Nanone kandi kuba Inteko y’u Bwongereza ari yo yafashe iki cyemezo mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu ari na yo yasabye u Rwanda gufatanya muri iyi gahunda, ari ibintu bishimije.

Ati “U Rwanda ntabwo rwari kwivanga mu bibera mu Nteko, mu bibera mu Nkiko, mu bibera mu Gihugu cy’u Bwongereza. Ibyo byarabarebaga, niba babashije kubikemura, u Rwanda rwemeye ko ruzabishyira mu bikorwa rufatanyije n’u Bwongereza. U Rwanda rurabyishimiye kuko nibura hagiye kugaragazwa ukugerageza kundi n’inzira yakemurwamo kiriya kibazo.”

Ni icyemezo cyafashwe cyarabanjirijwe n’impaka zitandukanye zirimo n’ibyemezo byafashwe n’Inkiko zo mu Bwongereza, zari zabanje gutesha agaciro aya masezerano y’Ibihugu byombi, zivuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyo koherezwamo abimukira.

Mukuralinda ati “Ni byiza ko uyu munsi havugurujwe icyemezo cyari cyaje kivuga ko mu Rwanda nta mutekano uhari, uretse ko njyewe nsanga n’ubundi umutekano abantu ba mbere bakwiye kuwuvuga ni abawubamo, ni Abanyarwanda ubwabo bakwiye kubazwa niba bavuga bati ‘turi mu mutekano cyangwa ntawo dufite’, ntabwo ari umuntu wicaye ikantarange udashaka no kuza kugenzura ugendera gusa kuri raporo bamubwiye.”

 

N’ejo baje twabakira

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda; avuga ko u Rwanda rwiteguye kwakira abimukira n’abashaka ubuhungiro bazoherezwa n’u Bwongereza.

Ati “U Rwanda ruriteguye, n’ejo baje twabakira. Ejo mvuga ntabwo ari bya bindi byo kuvuga bya Kinyarwanda, ejo ku wa Gatatu, bafashe indege iri joro, mu gitondo bakagera i Kanombe twabakira.”

Aya masezerano ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda yashyizweho umukono bwa mbere muri Mata 2022, aza gusubirwamo mu mpera z’umwaka ushize nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rugaragaje ibyaburagamo.

Mukuralinda avuga ko kuva muri 2022 u Rwanda rwo rwakomeje kwitegura gushyira mu bikorwa aya masezerano rwagiranye n’u Bwongereza.

Ati “Ntabwo waba warabonye imyaka ibiri yo kwitegura ngo habe hari icyagutungura. Rwose u Rwanda ruriteguye ntibagire impungenge, nk’uko biteganyijwe muri ariya masezerano, aho bagomba kuza kuba mu gihe cy’agateganyo mu gihe runaka cy’amezi abiri atatu, atanu atandatu, harahari harateguye, noneho n’aho bagomba kujya kuba bavuye mu gihe cy’agateganyo bazaba burundu kandi bakazabana n’abandi Banyarwanda nk’uko na ho hateganywa n’ayo masezerano, na ho harimo gutegurwa.”

Mukuralinda avuga ko kuba hatewe intambwe iganisha ku gushyira mu bikorwa aya masezerano, hatazabura abakomeza kunenga iyi gahunda, ariko ko abayinenga bose nta n’umwe wigeze agaragaza indi nzira yakoreshwa mu gushaka umuti w’iki kibazo cyakunze guhitana ubuzima bwa bamwe, ahubwo ko babiterwa n’izindi nyungu zibyihishe inyuma zirimo iza bamwe bakurura bishyira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 8 =

Previous Post

Volleyball: Muri Shampiyona Nyafurika ikipe y’u Rwanda yabaye iya 18, iya Congo iba iya 20

Next Post

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.