Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in MU RWANDA
0
Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage baravuga ko kuba harikugaragara ubukwe bupfa ku munota wa nyuma kubera ko umwe mu bashyingiranwa yari asanzwe afite umuryango yirengagije, ngo bigaragaza ko inzego zishinzwe gusezeranya zigomba gufata ingamba zo kuvumbura bene aba kuko amazi atakiri ya yandi.

Ni ibintu bimaze iminsi byumvikana hirya no hino mu gihugu, aho ubukwe Ibupfa ku munota wa nyuma kubera ko hari umwe   ugaragaye avuga ko mu bagiye gusezerana hari uwo babyaranye umutanye abana.

Urugero rwa hafi ni urw’umubyeyi wo mu mujyi waKigali,uherutse  guhinguka  ku murenge aho umugabo we babyaranye abana batatu  yasezeraniraga nundi mugore,maze ubukwe buhagarikwa butyo .

Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Kigali twaganiriye bavuga ko ibibazo nkibi byiganje mu muryango nyarwanda ngo bitewe ahanini  nuko umwe mu bashkanye ava mu rugo rwe naho agiye ntiyigaragaze uwo ari we.

Umugore Radio&Tv10 yasanze ku biro by’umurenge wa Remera yahamije ko nawe yari yaje mu kibazo nk’iki cyo kwica ubukwe.

Ati “Umugabo wanjye yantaye tumaze kubyara abana icyenda,amaze imyaka ibiri kandi numvise ko aho yagiye yashatse undi mugore ndetse ngo bagiye gusezerana akavuga ko njye tutasezranye kandi nyamara twarasezeranye. Naje gushaka icyemezo cyo gushyingirwa hano kugirango ninumva yasezeranye nzajye kubitesha agaciro.”

Yakomeje avuga ko ibi byose biterwa no kutanyurwa kw’abashakanye kandi ntibumve ko bashaje.

Ibi abihurizaho na bagenzi be nabo bavuga ko kugirango ibibazo nkibi bikemuke burundu, inzego zibanze cyane ziriya zibasezeranya nazo zikwiye kubikangukira zikagaragaza ko amazi atakiri ya yandi.

Kanyandekwe Ephrem yagize ati “Icyaca iki kibazo burundu ni uko umuntu mbere yo kumusezeranya bajya babanza kureba niba nta bana bamwanditseho,ubundi bakamubaza uko abo bana bazabaho.”

Umuyobozi uhsinzwe irnagamimerere mu murenge wa Remra avuga ko nabo nkubuyobozi ntako baba batagize, ahubwo ngo hakwiye impinduka mu itegeko ryo gushyiranwa.

Ati” Ibyo byo kureba  abana umuntu afite byo birakorwa,ahubwo icyatanga umusaruro ni uko umuntu wese basanze ufite abana bajya bamwangira gusezerana, itegeko rigahinduka gutyo.”

Minisitieri yubutegetsi bwigihugu  ivuga ko ikibazo kiri ku baturage ,naho ubundi yo ngo nta kindi yakora kitari ubukangurambaga  kandi ngo ihora ibukora,nkuko  umuvugizi  Havugimana Joseph curio abivuga.

Ati “Ikibazo ni abaturage si inzego z’ibanze,abaturage ntibumva ,ubundi kuki wemera kubyarana n’umuntu inshuro ebyiri ,eshatu mutaraseranye,ubundi se kuki wemera kubana n’umuntu mutasezeranye?,twe icyo dukora ni ubukangurambaga kandi ntituzareka kubukora kugeza igihe abaturage babyumviye.”

Ubusanzwe itegeko ntiryemerera umuntu gushyingirwa mu gihe hari uwo bashyingiranywe mbere bataratandukana, naho mu gihe yaba babanaga batarasezeranye ariko barabyaranye, ba bana agomba kwmera kuzajya amufasha kubarera kandi bakaba bamwanditseho.

Ngo ikikiri imbogamizi, ni abaca ku ruhande bakajya gusezeranira ikantarange aho batabazi, ngo byahuza nuko systeme itamufite nkuwasezeranye, ugasanga akoze ubukwe bucece maze wa muryango we wa mbere ukabigenderamo.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi

Next Post

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.