Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Umunyafurika wari uri mu Bwongereza, yabaye umwimukira wa mbere woherejwe mu Rwanda uturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Ni amakuru yemejwe na Guverinoma y’u Rwanda, nk’uko Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda yabitangarije Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko uwageze mu Rwanda ari Umunyafurika wifuje koherezwa ku bushake bwe, nyuma y’uko ibyangombwa byamwemereraga kuba ari mu Bwongereza birangiye.

Aya makuru yari yabanje gutangazwa n’Ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza, cyavuze ko uyu Mwimukira wa mbere wari mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda, yoherejwe ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 29 Mata 2024.

Iki gitangazamakuru cyanavugaga ko uyu woherejwe ari umugabo ukomoka muri Afurika, yoherejwe ahawe ibihumbi 3 by’Ama Pounds, yoherejwe ku bushake bwe ndetse ko yazanywe mu ndege isanzwe itwara abagenzi.

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, avuga ko bamwe mu bimukira n’abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bazajya boherezwa mu Rwanda.

Aya masezerano yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, ashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta [Rwanda] n’uwari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, Priti Patel.

Aya masezerano yari yashyizweho umukono, bwa mbere, yaje guhura n’imbogamizi zari zishingiye ku byavugwaga ko biburamo, ndetse n’abayanengaga, byaje no gutuma hari abitabaza Inkiko zirimo izo mu Bwongereza n’iz’i Burayi.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hasinywe amasezerano avuguruye, yasubizaga ibibazo byose byari byagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwari rwatesheje agaciro amasezerano ya mbere.

Mu kwezi gushize, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje aya masezerano, yemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bavuye mu Bwongereza, ndetse yanemejwe n’Ubwami bw’iki Gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari aherutse gutangaza ko indege ya mbere izazana abimukira ba mbere barebwa n’aya masezerano, izaza mu byumweru biri hagati y’10  na 12 biri imbere.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda we yari aherutse kuvuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kwakira abimukira cyangwa abashaka ubuhungiro barebwa n’iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Mu kiganiro yatanze nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeye uyu mugambi, Mukuralinda yari yagize ati “U Rwanda ruriteguye, n’ejo baje twabakira. Ejo mvuga ntabwo ari bya bindi byo kuvuga bya Kinyarwanda, ejo ku wa Gatatu, bafashe indege iri joro, mu gitondo bakagera i Kanombe twabakira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.