• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yihanganishije abakomerekeye mu gitero yise icy’iterabwoba cyagabwe ahahoze isoko, yizeza ko ababikoze bazafatwa bagakanirwa urubakwiye. Ni nyuma y’uko habayeho iturika ry’ibisasu bya Grenade bivugwa byahitanye abantu batatu.

Ni igitero cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye bikorera mu Burundi.

Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, mu makuru cyabanje gutanga mu ma saa moya z’ijoro, cyavuze ko “igisasu cya Grenade kimaze guturikira muri parking yo mu Mujyi rwagati i Bujumbura mu masaha ya kare y’umugoroba. Abo cyahitanye ntibaramenyekana. Abantu bakwiriye imishwaro kimwe n’imodoka.”

Iki gitangazamakuru cyavuze ko nyuma y’iturika ry’iki gisasu, abantu bari muri uyu Mujyi wa Bujumbura, bagize ubwoba, ndetse Polisi ikaba yari yahise itangira gusaka muri aka gace cyaturikiyemo.

Kiti “Nibura abantu batatu bahasize ubuzima abandi 14 bakomerekera muri iri turika rya grenade ryabaye mu masaha ya kare y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.”

Bamwe mu bari muri aka gace, bavuze ko imodoka nyinshi za Polisi zazengurukaga mu mujyi rwagati no mu mihanda itandukanye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho guturitsa icyo gisasu.

Nyuma y’amasaha macye, iki gitangazamakuru cyatangaje ko “indi grenade imaze guturikira hafi y’ikigo cya polisi ishinzwe gucungira umutekano inzego, mu gace ka Ngagara.”

Nyuma y’ibi bitero, Perezida w’u Burundi yagize icyo avuga, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Twihanganishije byimazeyo abakomerekeye mu gitero cy’iterabwoba kimaze kubera ahahoze isoko rikuru rya Bujumbura.”

Perezida Ndayishimiye kandi yaboneyeho guhumuriza Abarundi, ndetse abizeza ko abari inyuma y’ibi bikorwa by’ibitero, bazafatwa bakabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

Next Post

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.