Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Juvenal Mvukiyehe wigeze kuba Perezida wa Kiyovu Sports anavugwa imyato na bagenzi be n’abakunzi b’iyi kipe, nyuma yo kwangirwa kwinjira mu Nteko Rusange y’abanyamuryango b’iyi kipe, yavuze ko yayitabiriye ashaka kujya ashyira ukuri hanze ku byashoboraga kumuvugwaho n’abo avuga ko bigeze kumurimiraho itaka bakamubeshyera.

Juvenal wamenyekanye cyane ari Perezida w’iyi kipe hagati ya 2020 na 2023, igihe yayiguriraga abakinnyi n’imodoka izajya ikoresha mu ngendo, yavuye muri iyi kipe nabi, ndetse avuga ko yanamaze kugura indi kipe ya Addax SC anabereye umuyobozi.

Kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, mu Mujyi wa Kigali habereye Inteko Rusange y’abanyamuryango ba Kiyovu Sports, ndetse Juvenal na we yerecyeza kuri hoteli yabereyemo, ariko agezeyo akorerwa ibyagaragazaga ko adakenewe muri iyi Nteko.

Ubwo yageraga ahabereye iyi Nteko, uyu munyemari Juvenal yasabwe gutegereza kugira ngo hasuzumwe niba ari ku rutonde rw’abemerewe kwitabira iyi nama, ngo kuko rwari rutaraboneka.

Ati “Natangajwe n’uko nahageze bambwira ko ntari bwinjire kuko bari bategereje amalisiti y’abagomba kuyijyamo. Navuze ko ntakibazo mbasaba kuyizana ariko bakomeza kuyibura bigaragara ko byari ukujijisha, ahubwo ntabwo bifuzaga ko nari kugaragara mu Nteko Rusange ya Kiyovu Sports.”

Juvenal avuga ko yari yitabiriye iyi Nteko Rusange ya Kiyovu Sports nk’umunyamuryango, ariko ko nanone yashakaga gushyira umucyo ku byakunze kumuvugwaho, ndetse bimwe bikanavugirwa mu Nteko nk’iyi.

Ati “Ubushize bantemeyeho itaka, ukumva baravuga ibintu bitandukanye, ndavuga nti ‘nanjye ndi umunyamuryango, reka nitabire Inteko Rusange byibuze icyo bavuga gishobora kuba kinyerekeyeho nanjye mbe mpari, nibiba ngombwa mbe natanga ibisobanuro n’ukuri kuri ibyo bintu’.”

Ni mu gihe kandi hari amakuru yavugaga ko uyu mushoramari ashobora kongera kwinjira mu kuyobora iyi kipe, mu gihe we avuga ko na we hari ababimubajijeho ko yaba ashaka kongera kwiyamamariza kuyobora iyi kipe, ariko ko kuri we atari abifite muri gahunda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto

Next Post

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Related Posts

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye...

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.