Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

radiotv10by radiotv10
08/06/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu myaka 60 imaze ifunguye imiryango, yagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Ubukungu bw’Igihugu, aho muri iyi myaka mu Rwanda havutse ibigo by’imari bitandukanye, ku buryo umutungo w’urwego rw’imari ugeze kuri Miliyari 10,5 Frw.

Kuva muri Mata (4) 1964 kugeza muri 2024, imyaka 60 iruzuye Banki Nkuru y’u Rwanda ibonye izuba, itangiye gucungira hafi politiki y’ifaranga ry’u Rwanda n’ubutejegajega bw’urwego rw’imari y’Igihugu. Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, Banki Nkuru y’u Rwanda yizihije isabukuru y’iyi myaka 60 imaze ibayeho.

Nubwo uru rugendo rwahungabanyijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ihungabana ry’ubukungu bw’isi ryabaye mu mwaka wa 2009, hakiyongeraho Covid-19 na politike mpuzamahanga ikomeje guhungabanya ubukungu; Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko uru urwego ruhagaze neza.

Ati “Mbere y’ibibazo byugarije Isi; ubukungu bwacu bwari buhagaze neza. Nubwo muri 2009 habaye ihungabana ry’ubyukungu rikomeye; hagati y’umwaka wa 2006 na 2020 iyi Banki ifatanyije n’izindi nzego za Leta; umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko washyizwe ku mpuzandengo ya 5,9%. Urwego rw’imari rwateye imbere. Ibigo by’imari byavuye kuri 7 byariho mbere y’umwaka wa 1994, ubu hari banki 11. Hari kandi ibigo by’imari iciriritse 461. Ibigo 12 bitanga serivizi z’ubwishingizi, ibigo 33 bitanga serivizi yo kwishyurana mu ikoranabuhanga. Abatanga serivisi z’ivunjisha 78. Ibyo byose bicungwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.”

Uru rugamba rwo guhangana n’ingaruka z’ibibazo byugarije Isi ku bukungu bw’u Rwanda; Abebe Aemro Selassie ureberera Umugabane wa Afurika mu Kigega Mpuzamahanga cy’Imari IMF; yavuze ko byafashije abashoramari.

Ati “Izamuka ry’ibiciro mu Rwanda ryagumye hasi ugereranyije n’ibindi Bihugu byo muri aka karere. Ibyo byatumye ifaranga ry’Igihugu rikomeza guhangana ku isoko, iyi politike yateje imbere ishoramari; inatuma ubukungu bw’iki Gihugu bushikama.”

Banki y’Isi ishingiye ku ntambwe urwego rw’imari rugezeho mu Rwanda; yavuze ko izakomeza kugirana imikoranire ya hafi n’u Rwanda mu kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’imari.

Visi Perezida wa Banki y’Isi ushinzwe afurika y’uburasirazuba n’iy’amajyepf, Dr Victoria Kwakwa, yagize ati “Twe nka Banki y’Isi tuzakomeza gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda ndetse na Banki Nkuru y’Igihugu mu kurushaho kugeza ku baturage serivisi z’imari. Twizeye ko mu mwaka iri imbere u Rwanda ruzageza serivisi z’imari ku baturage bose.”

Mu rwego rwo kurushaho kuzuza nshingano za Banki Nkuru y’u Rwanda; Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yasabye iyi Banki irushaho gushyira imbere ingingo yo kurinda umutekano w’imari y’Igihugu.

Yagize ati “Guverinoma irashima uruhare rwanyu mu kurinda no gukoresha neza ubwizigamire bw’abaturage mu iterambere ry’ubukungu bwabo. Icya kabiri tugomba gutekereza cyane ku byaha bishya biri kuvuka, aho harimo isaakaara ry’imikoreshereze y’ubwenge bw’ubukorano, ibyaha bikoresha ikoranabuhanga mu bigo by’imari ndetse no kunyereza amafaranga. Ndashishikariza Banki Nkuru y’Igihugu n’inzego z’imari gukomeza kunoza uburyo bwose guhangana n’ibyo bibazo.”

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2006 kugeza muri 2023; umutungo w’urwego rw’imari wikubye inshuro 21, aho wavuye kuri miliyayi 500 Frw ugera kuri miliyari ibihumbi 10,5 Frw.

Muri icyo gihe kandi inguzanyo Banki zahaye abikorera ku giti cyabo, zavuye kuri miliyari 177 Frw zigera kuri miliyari ibihumbi 4,2 Frw, bivuze ko zikubye inshuro 24.

Iyi banki kandi igaragaza ko abakozi b’uru rwego bavuye kuri 96 mu mwaka wa 1995 ubu bageze kuri 580 muri 2024. Impuzandengo y’imyaka yabo nayo yavuye kuri 57 igera 48.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa
Iki gikorwa cyanitabiriwe na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ubukungu

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo

Next Post

Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.