Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye abumva ko hari ibyo Imana yahaye abandi bo ikabibima, kureka iyi myumvire, kuko ntacyo Imana yahaye abandi ngo ikime Abanyarwanda, cyane ko yanabahaye n’Igihugu cyiza nubwo cyagiye kinyura mu mateka atari meza mu gihe cyatambutse.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024 mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano barimo batanu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yongeye gusaba abayobozi gukorana, kandi bakibuka ko inshingano baba bahawe ari ugukorera Abanyarwanda, bityo ko badakwiye gukora bitekerezaho bonyine.

Yibukije abayobozi ko ibyo bakora biba biri mu nyungu za rubanda, kandi abaturage bahora babahanze amaso, bategereje ibyo babakorera, bityo ko badakwiye kwishyira hejuru.

Ati “Ibyo kwiremereza, kubona ko ari wowe ndetse bikavamo kuba utavugana n’undi ngo mwuzuzanye, uwo muco mbona ko ukwiye gucika burundu bitari ukugabanuka gusa kuko biratudindiza, ndetse bigasa nk’aho muri twe hari abishimiye aho turi mu rwego rwo gutera imbere. Guhora utegereje abakugirira imbabazi byarabaye akamenyero.”

Yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwongeye kwiyubaka, ibi byari bikwiye kuba byumvikana, by’umwihariko abantu bagakora bumva ko batagomba gutegereza inkunga, kuko n’abazizana badashobora kuziha udafite aho ahera.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko n’abo batera inkunga, ari abantu nk’abandi, kandi ko ntacyo Imana yabahaye ngo bo ikibime.

Ati “Ko nzi ko benshi muri hano mwemera Imana, mu byo mwemera muzi ko hari ibice by’Isi byaremwe ukundi bihabwa ibyangombwa byose, mwebwe igira ibyo ibahisha? Ntiyabibahaye? Mwagiye mubyibaza igihe cyose muri mubyo mukora mufitiye uburenganzira.

Imana mwambaza musenga buri munsi yabimye iki mwebwe nk’Abanyarwanda? Yaguha ubwenge, abenshi ubuzima bwiza, ikabaha n’igihugu nubwo cyagiye kigira ibibazo ariko cyiza, hanyuma mukajya aho mukagira ibyo mwiyima, mwaba muri bantu ki?”

Abayobozi barahiye uyu munsi, ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee.

Harahiye kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, Mutesi Rusagara n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Olivier Kabera.

Mu zindi nzigo, harahiye Aimable Havugiyaremye wagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS) na Angelique Habyarimana wagizwe Umushinjacyaha Mukuru, ndetse Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa, uherutse kugirwa Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima, n’Umwungirije, Brig Gen Dr. John Nkurikiye.

Perezida Kagame ubwo yari ageze ku Nteko Ishinga Amategeko

Minisitiri Nduhungirehe na Murangwa Yusuf
Aimable wagizwe SG wa NISS
Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa wagizwe Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima
Abayobozi barahiye basinyiye izi nshingano
Bafashe n’ifoto y’urwibutso n’Umukuru w’u Rwanda

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + twenty =

Previous Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Next Post

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.