Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye abumva ko hari ibyo Imana yahaye abandi bo ikabibima, kureka iyi myumvire, kuko ntacyo Imana yahaye abandi ngo ikime Abanyarwanda, cyane ko yanabahaye n’Igihugu cyiza nubwo cyagiye kinyura mu mateka atari meza mu gihe cyatambutse.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024 mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano barimo batanu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yongeye gusaba abayobozi gukorana, kandi bakibuka ko inshingano baba bahawe ari ugukorera Abanyarwanda, bityo ko badakwiye gukora bitekerezaho bonyine.

Yibukije abayobozi ko ibyo bakora biba biri mu nyungu za rubanda, kandi abaturage bahora babahanze amaso, bategereje ibyo babakorera, bityo ko badakwiye kwishyira hejuru.

Ati “Ibyo kwiremereza, kubona ko ari wowe ndetse bikavamo kuba utavugana n’undi ngo mwuzuzanye, uwo muco mbona ko ukwiye gucika burundu bitari ukugabanuka gusa kuko biratudindiza, ndetse bigasa nk’aho muri twe hari abishimiye aho turi mu rwego rwo gutera imbere. Guhora utegereje abakugirira imbabazi byarabaye akamenyero.”

Yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwongeye kwiyubaka, ibi byari bikwiye kuba byumvikana, by’umwihariko abantu bagakora bumva ko batagomba gutegereza inkunga, kuko n’abazizana badashobora kuziha udafite aho ahera.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko n’abo batera inkunga, ari abantu nk’abandi, kandi ko ntacyo Imana yabahaye ngo bo ikibime.

Ati “Ko nzi ko benshi muri hano mwemera Imana, mu byo mwemera muzi ko hari ibice by’Isi byaremwe ukundi bihabwa ibyangombwa byose, mwebwe igira ibyo ibahisha? Ntiyabibahaye? Mwagiye mubyibaza igihe cyose muri mubyo mukora mufitiye uburenganzira.

Imana mwambaza musenga buri munsi yabimye iki mwebwe nk’Abanyarwanda? Yaguha ubwenge, abenshi ubuzima bwiza, ikabaha n’igihugu nubwo cyagiye kigira ibibazo ariko cyiza, hanyuma mukajya aho mukagira ibyo mwiyima, mwaba muri bantu ki?”

Abayobozi barahiye uyu munsi, ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee.

Harahiye kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, Mutesi Rusagara n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Olivier Kabera.

Mu zindi nzigo, harahiye Aimable Havugiyaremye wagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS) na Angelique Habyarimana wagizwe Umushinjacyaha Mukuru, ndetse Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa, uherutse kugirwa Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima, n’Umwungirije, Brig Gen Dr. John Nkurikiye.

Perezida Kagame ubwo yari ageze ku Nteko Ishinga Amategeko

Minisitiri Nduhungirehe na Murangwa Yusuf
Aimable wagizwe SG wa NISS
Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa wagizwe Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima
Abayobozi barahiye basinyiye izi nshingano
Bafashe n’ifoto y’urwibutso n’Umukuru w’u Rwanda

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 2 =

Previous Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Next Post

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.