Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Paris mu Bufaransa mu nama yiga ku kwihaza mu nkingo, yavuze ko icyorezo cya Covid cyagaragarije Umugabane wa Afurika ko ugomba kwishakamo ibisubizo mu bijyanye n’Inkingo, byatumye bimwe mu Bihugu byawo birimo u Rwanda bitangira kuzikorerwamo.

Umukuru w’u Rwanda, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena mu nama yiga ku kwihaza mu nkingo yateguwe ku bufatanye bw’Ikigega Gavi, the Vaccine Alliance kigamije gushaka inkingo zo gukumira indwara zibasira abana, Guverinoma y’u Bufaransa ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, anatangiramo ikiganiro.

Ni inama kandi yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu banyuranye, barimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye; uwa Ghana, Nana Akufo-Addo, na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Perezida Kagame yatumiwe gutanga ikiganiro mu itangizwa ry’iyi Nama nk’Umuyobozi w’Indashyikirwa wakomeje guteza imbere ibijyanye n’itungangwa ry’inkingo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko icyorezo cya COVID uretse kuba cyarahitanye ubuzima bwa benshi, cyanagaragaje ubusumbane hagati y’Ibihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere, mu bijyanye n’inkingo.

Yavuze ko nubwo nta Gihugu kitagezemo iki cyorezo, ariko ubwo hatangiraga gutangwa inkingo, hagaragaye icyuho ku Bihugu bimwe by’umwihariko ibyo ku Mugabane wa Afurika.

Yavuze ko kubera isomo uyu Mugabane wakuye muri iki cyuho, byatumye “Afurika n’abafatanyabikorwa bayo biyemeje guhuza imbaraga mu kubaka uruganda rw’ubushakashatsi mu by’inkingo n’ubushobozi mu kuzikora mu gihe kirambye.”

Yavuze ko ubwo iki cyorezo cya COVID cyarangiraga, “byari byoroshye ko abantu bakwibagirwa, ubundi bagasubira mu buzima busanzwe bakikomereza imirimo nk’ibisanzwe.”

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gushimira Igihugu cy’u Bufaransa n’uyu Muryango wa Gavi ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku bwo gutegura iyi nama y’ingirakamaro igamije gukomeza gushyira imbaraga muri uru rwego rufite uruhare runini mu buvuzi.

Yavuze ko mu mpera z’umwaka ushize, Uruganda rwa BioNTech rukora inkingo n’imiti rwafunguye ishami ryarwo mu Rwanda kandi rikoresha ikoranabuhanga rigezweho, rizatuma Umugabane wa Afurika utunganyirizwamo inkingo.

Uru ruganda rwagezweho kubera igitekerezo cyavuye mu mwaka wa 2021, aho ku bufatanye bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, uyu mushinga watangiriye mu Bihugu bya Senegal, Ghana, Afurika y’Epfo ndetse n’u Rwanda.

Yavuze ko iki kigo kiri mu Rwanda, gikoreramo abayobozi ba BioNTech barimo n’uhagaragariye iki kigo muri Afurika, ndetse ko baturuka mu Bihugu binyuranye muri Afurika.

Ati “Inzobere iyoboye iki Kigo, akomoka muri Nigeri, rero byatumye Afurika irushaho gukomeza gushyira hamwe mu buryo bushimishije.”

Perezida Kagame wagarutse ku yindi mishinga ikomeje kugerwaho ku Mugabane wa Afurika mu bijyanye n’ubuzima, yavuze ko igaragaza umusaruro ushobora kuva mu gukomeza guhuza imbaraga hagati ya za Guverinoma, abahanga mu bumenyi, abikorera ndetse n’abahanga mu guhanga udushya dutanga ibisubizo.

Perezida Kagame ubwo yageraga Quai d’Orsay ahabereye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30

Next Post

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.