Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame; yavuze ko icyizere abaturage bamugaragariza ndetse n’icyo abafitiye, bigaragaza ko kuzahitamo ubwo bazaba bari mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, bitazabagora.

Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kamena 2024, ubwo yakomerezaga mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwiyamamaza ku munsi wa gatatu wabyo.

Muri Sitade ya Ngororero ahari hateraniye abaturage ibihumbi n’ibihumbi bari baje kwakira Paul Kagame, morali yari yose, bagaragaza inyota yo kongera kuganira n’Umukuru w’Igihugu cyabo akaba Umukandida wa FPR-Inkotanyi, unashyigikiwe n’indi mitwe ya Politiki irenga 70% y’amashyaka yemewe mu Rwanda.

Perezida Kagame yashimiye imitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya n’Umuryango FPR-Inkotanyi, avuga ko gufatanya atari intege nke, ahubwo ko ari uguhuza imbaraga kugira ngo zigere ku musaruro ufatika.

Ato “Gufatanya ntabwo ari intege nke, ahubwo bigargaaza ubushake n’imbaraga nyinshi. Iteka iyo abantu bashyize hamwe ntagishobora kubananira.”

Yavuze kandi ko iyi mitwe ya Politiki yifatanyije na FPR-Inkotanyi, yarebye kure, mu gihe hari abavuga ko iyo mitwe ya Politiki byayinaniye.

Ati “Ahubwo ni uko bashyize mu kuri babona ko dufatanyije bagafatanya na FPR, ibyagerwaho ni byinshi kurusha uko buri umwe yanyura inzira ye, ashaka kugerageza ibyo ashaka kugerageza, bimwe bigakunda ibindi ntibikunde. Ariko iyo abantu bafatanyije byose birakunda.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi yabwiye abaturage ko yaje ngo bajye umugambi w’ibyo bazakora ku munsi w’amatora azaba tariki 15 Nyakanga 2024, kandi ko amahitamo yabo, ari urugendo rutari rushya kuko rwatangiriye kuva muri 2010, na 2017, rwaranze n’Ubumwe, Demokarasi n’Amajyambere.

Ati “Uwo munsi w’itariki 15 z’ukwezi gutaha ni uguhitamo, guhitamo gukomeza iyo nzira, ni uguhitamo n’abayobozi mufatanya iyo nzira.”

Yabibukije ko kuri iyi tariki ya 15 Nyakanga, bazatora n’Abadepite “ndetse n’uzayobora Repubulika y’u Rwanda.” Abaturage bati “Ni wowe ni wowe,…”

Perezida Kagame yavuze ko hari abatarumva uburyo umuyobozi atorwa ku majwi ari hejuru ya 90%, ndetse bakabyibazaho, ariko ko bazajyenda babyumva uko ibihe bizagenda bitambuka.

Ati “Biriya twavugaga ko ngo ‘ijana ku ijana’. Hari abantu bumva ko 100% atari Demokarasi.” Abaturage bati “Bazabyumva bazabyumva…” Umukuru w’u Rwanda na we akomeza agira ati “Bazabyumva kuko Demokarasi inzira turimo ibyo tuzakora tariki 15 ni ibireba u Rwanda, ntabwo bibareba cyane, bireba twe, twe dukora ibitureba.”

Perezida Kagame yahise agaruka ku gisubizo aherutse guha umunyamakuru na we wari umubajije uko atorwa hejuru ya 90%, na we akamubaza ati “Ariko abayoborwa na 15%, ubwo iyo ni Demokarasi gute? Hari benshi batorwa bakavamo babonye 15%, ndetse n’ababatoye ari 30% cyangwa 40% y’abagombaga gutora, ubwo iyo ni yo Demokarasi?”, Abaturage bati “Bazaze bige, bazaze bige…” Na we ati “Ubwo murabatumiye ntabwo nirirwa nongeraho.”

 

Guhitamo ntibigoye

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko amahitamo y’Abanyarwanda ashingira ku byo bifuza ndetse n’aho bavuye, n’aho bifuza kugera, bityo ko ntawaza kubahitiramo uko babikora.

Yavuze ko Abanyarwanda n’abandi Banyafurika hari igihe bigeze kubaho bumva ko baremewe kubaho mu buzima bubi bw’ubukene, bagahora bategereje gutungwa n’abanyamahanga ndetse n’Imana, ariko ko iyo Mana ari iya bose.

Ati “Natwe tugomba kwitunga ariko, ari abandi, ari Imana bikagira aho bihera. U Rwanda rwacu, amateka yacu twubatse muri iyi myaka 30 ishize, icyangombwa ni uguhera ku ruhare rwacu.”

Yavuze ko Imana yahaye abantu bose ibingana, yaba amaboko, ubwenge, bityo ko Abanyarwanda n’Abanyafurika batagomba kumva ko hari abafite ubushobozi burenze ubwabo, asaba Abanyarwanda ko iyi myumvire igomba kubaranga muri iyi myaka itanu iri imbere.

Perezida Kagame yavuze ko mu kubaka Igihugu, hakwiye kubanza kurebwa ku byo Igihugu gifite, ati “Ndetse icya mbere Igihugu gifite, ni mwebwe, birashaka ngo mube muhari koko, birashaka ngo tube duhari atari inkuru gusa.”

Yavuze ko niba imyumvire ari iyi “Ubwo guhitamo biragoye koko?” Abaturage bati “Twarabirangije twarabirangije.” Ati “Mureke twihangane dutegereze tariki 15 batazabituziza ngo twarihuse.”

Yavuze ko “Nk’umukandida wa FPR ndetse ushyigikiwe n’indi Mitwe ya Poltiki yavuzwe, ubwo njyewe ndumva icyizere mwampaye icyizere mbagirira ubwabyo byaratanze igisubizo.” Abaturage bahita bazamura akaririmbo bati “Mureke tumutore waduhaye byinshi bituma tumutora azaduha n’ibindi.”

Yagarutse kandi ku mateka yo muri aka gace kigeze kurangwa n’abacengezi bigeze guhungabanya umutekano, avuga ko bidashobora kongera kuzabaho ukundi mu Rwanda, kuko imbaraga zo gushyira hamwe n’abaturage zatumye batsindwa, zigishinze imizi mu Rwanda.

Yagarutse ku bikorwa bigomba guteza imbere abaturage mu nzego zinyuranye zirimo ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’ibikorwa remezo, avuga ko ari byo bishyizwe imbere n’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Perezida Kagame yasoje ijambo rye yongera gushimira abaturage, ati “Ndabakunda, nzi ko dukundana.” Na bo bati “Dufitanye igihango dufitanye igihango.” Abizeza ko uko buzuza inshingano zabo, ari na ko n’abayobozi bazatora bazazuza, ati “Ntabwo tuzabatenguha.”

Paul Kagame yabwiye abaturage ko igihango bafitanye kizahoraho
Perezida Kagame ubwo yaramutsaga abaturage bari baje kumwakira
Ababyeyi bari bateze urugori bamwakiranye impundu nyinshi

Ibyo gushimira Umukandida wa FPR ni byinshi
Hari abaturage babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Next Post

Ibivugwa kuri myugairo wo mu Gihugu kiyoboye ruhago nyafurika umanutse mu Rwanda

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa kuri myugairo wo mu Gihugu kiyoboye ruhago nyafurika umanutse mu Rwanda

Ibivugwa kuri myugairo wo mu Gihugu kiyoboye ruhago nyafurika umanutse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.