Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in IMYIDAGADURO
1
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko bwuzuye ubwishongozi, bamusaba kwiyoroshya hato aho butamukururira kumukuraho abantu aho kubakurura.

Uwitwa Chef Arsene ukunze kunyuza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwerecyeye imitegurire y’amafunguro, yashyize kuri X ubuvuga ko byaba bibabaje kuba hari abari mu kigero kimwe badafite ubushobozi bwo guhahira muri Super Market.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza uyu musore avuye guhahira mu iguriro rimwe, yagize ati “Ibaze ko urinze ungana utyo utarahahira muri SUPERMARKET. Kubera iki…Ubushobozi bwawe buracyari ubwo guhahira ku bazunguzayi.”

Muri ubu butumwa bwe, yakomeje agira ati “Nababwira ngo mukore cyane ngo ndi kwiyemera…Mbwira aho uhahira nkubwire niba ukize cyangwa uri agakene kari aho.”

Umunyamakuru Edmund Kagire akaba n’umwe mu bazwiho ubuhanga mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, yabaye nk’ucyebura uyu musore, amubwira ko uburyo yahisemo bwo kuzikoresha yibwira ko bushobora gukurura abantu, ariko ahubwo bushobora kubamukuraho.

Yagize ati “Muvandi, ushobora kuba uharanira gukurura abantu ariko iyi nzira izagukuraho abantu aho kubakongerera. Ishobora no gutuma uwashakaga kuguha akazi abireka. Ushobora gukora content nziza utishongoye ku rungano. Courage.”

Mu bandi banenze uyu musore kubera ubu butumwa bwe, barimo umunyamakuru Basile Uwimana na we uri mu bamaze igihe akoresha imbuga nkoranyambaga, wanize ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho.

Igitekerezo yatanze kuri ubu butumwa bwatangajwe n’uyu wiyita Chef Arsene, Basile Uwimana yagize ati “Reka twemere ko igipimo cy’ubukire ari uguhahira muri Supermarket, ariko tangira rero ushake igipimo cy’ububwenge no kwiyoroshya! Cyo ndabona kitaraboneka peh.”

Uyu musore kandi kuri uyu Mbere yari yashyize ubundi butumwa kuri X, anenga urubyiruko ruba rushaka kujya gushakishiriza imibereho hanze y’u Rwanda, avuga ko ngo “ibyo atari ubukene bwo mu mufuka gusa” ahubwo ngo “no mu mutwe uratindahaye.”

Ni ubutumwa na bwo bitavuzweho rumwe, aho benshi bagaragarije uyu musore ko kujya gushakishiriza imibereho aho iri hose, atari imyumvire iciriritse nk’uko yari abivuze.

Umunyamakuru Edmund Kagire yagiriye inama uwiyita Chef Arsene
Umunyamakuru Basile Uwimana na we yagiriye inama uyu musore kwiyoroshya
Chef Arsene aravugwaho gutambutsa ubutumwa bwuzuye ubwishongozi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwase says:
    2 months ago

    Mwa bagabo mwe ko ndeba mukuze Aya matiku mwayavuyemo mukishakira ibitunga imiryango yanyu Koko ko uyu mwana Ari umukozi tumuzi ko niyo yabura iyo audience atabura uko abaho ko professionalism afite muri culinary services yonyine itatuma abura uko abaho.
    Turabemera nk igitangazamakuru cyiza rwose mushake inkuru zubaka abakunzi banyu muve ku muhungu w’igihugu kuko byinshi yavuze ntiyabeshye peee. Murakoze murakarama

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − six =

Previous Post

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Next Post

Simple steps you can follow to build real confidence

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC ClĂ©ment wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC ClĂ©ment wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.