Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y’imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye ya Rayon Sports aho yari amaze ukwezi n’igice atayikinira.

Bassané, yerekeje iwabo nyuma yo kubagwa ku kaboko bitewe n’imvune yagiriye ku mukino wa shampiyona batsinzwemo na Bugesera FC tariki ya 14 Ukuboza 2025.

Ubwo yari atangiye koroherwa, uyu mukinnyi yasabye uruhushya rwo kujya iwabo ngo abanze akire neza anaruhuke ubundi azagaruke aje gufasha ikipe ye mu gice cya kabiri cya Shampiyona.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, ubwo yageraga i Kanombe, umwe mu bo baganiriye wahaye amakuru RADIOTV10 yamubwiye ko yakize ndetse ngo yiteguye gufasha ikipe ye mu gihe yaba igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari ukzaba ku cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.

Mu gihe amaze atari mu ikipe ya Rayon Sports, icyuho cye cyaragaragaye cyane ko mu bakinnyi barimo Sindi Paul Jesus, Asman Ndikumana, Joachiam Vigninou na Habimana Yves, bose ntawe utarakinnye ku mwanya we ariko ntihagire ubasha gutanga nk’ibyo aha Rayon Sports.

Kuri uyu wa 4, ikipe ya Rayon Sports izakina na Police FC umukino wa 1/2 mu irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, aho izatsinda izahura kuri finale n’izaba yatsinze hagati ya APR FC na AS KIGALI ziri bukine kuri uyu wa 3, imikino yombi ikazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Aziz Bassané, agarutse asanga ikipe ye yarabonye Umutoza mushya Bruno Ferry, waje mu gihe yari yaravunitse, cyane ko icyo gihe yavunikaga ikipe yatozwaga na Haruna Ferouz ubu utakiri kumwe na Rayon Sports. Si Umutoza gusa, kuko Bassané anasanze haraguzwe abandi bakinnyi bashya bagera kuri 7, harimo n’Umunya-Benin Joachiam Vigninou waje aje gukina ku mwanya we.

Kuva uyu musore yavunika, Rayon Sports yakinnye imikino 7 adahari, harimo 6 ya shampiyona ndetse n’umukino umwe wa Super Cup banyagiwemo na APR FC ibitego 4-1. Asanze ikipe ye yarasoreje igice kibanza cya shampiyona ku mwanya wa 7 n’amanita 26.

Ubwo Bassané yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Ni umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Rayon

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Next Post

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza 'Visit Rwanda’ mu bikorwa by'uburiganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.