• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y’imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye ya Rayon Sports aho yari amaze ukwezi n’igice atayikinira.

Bassané, yerekeje iwabo nyuma yo kubagwa ku kaboko bitewe n’imvune yagiriye ku mukino wa shampiyona batsinzwemo na Bugesera FC tariki ya 14 Ukuboza 2025.

Ubwo yari atangiye koroherwa, uyu mukinnyi yasabye uruhushya rwo kujya iwabo ngo abanze akire neza anaruhuke ubundi azagaruke aje gufasha ikipe ye mu gice cya kabiri cya Shampiyona.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, ubwo yageraga i Kanombe, umwe mu bo baganiriye wahaye amakuru RADIOTV10 yamubwiye ko yakize ndetse ngo yiteguye gufasha ikipe ye mu gihe yaba igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari ukzaba ku cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.

Mu gihe amaze atari mu ikipe ya Rayon Sports, icyuho cye cyaragaragaye cyane ko mu bakinnyi barimo Sindi Paul Jesus, Asman Ndikumana, Joachiam Vigninou na Habimana Yves, bose ntawe utarakinnye ku mwanya we ariko ntihagire ubasha gutanga nk’ibyo aha Rayon Sports.

Kuri uyu wa 4, ikipe ya Rayon Sports izakina na Police FC umukino wa 1/2 mu irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, aho izatsinda izahura kuri finale n’izaba yatsinze hagati ya APR FC na AS KIGALI ziri bukine kuri uyu wa 3, imikino yombi ikazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Aziz Bassané, agarutse asanga ikipe ye yarabonye Umutoza mushya Bruno Ferry, waje mu gihe yari yaravunitse, cyane ko icyo gihe yavunikaga ikipe yatozwaga na Haruna Ferouz ubu utakiri kumwe na Rayon Sports. Si Umutoza gusa, kuko Bassané anasanze haraguzwe abandi bakinnyi bashya bagera kuri 7, harimo n’Umunya-Benin Joachiam Vigninou waje aje gukina ku mwanya we.

Kuva uyu musore yavunika, Rayon Sports yakinnye imikino 7 adahari, harimo 6 ya shampiyona ndetse n’umukino umwe wa Super Cup banyagiwemo na APR FC ibitego 4-1. Asanze ikipe ye yarasoreje igice kibanza cya shampiyona ku mwanya wa 7 n’amanita 26.

Ubwo Bassané yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Ni umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Rayon

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Next Post

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza 'Visit Rwanda’ mu bikorwa by'uburiganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.