Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Habineza yasezeranyije Abanyabugesera ko natorerwa kuyobora u Rwanza azabakora umuhanda wifuzwa na benshi

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr.Habineza yasezeranyije Abanyabugesera ko natorerwa kuyobora u Rwanza azabakora umuhanda wifuzwa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza; umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, yizeje abatuye mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera, ko natorwa azabakorera umuhanda ubahuza na Nyamata, ku buryo amagare azajya anyuramo anyaruka.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere ubwo yakomerezaga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba no mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Dr Frank Habineza yabanjirije mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Julu, ahari hateraniye abaturage bari baje kumwakira we n’abakandida ku myanya y’Abadepite b’iri shyaka.

Uyu Mukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu yasezeranije abaturage bo mu Karere ka Bugesera ko nibamutora azabubakira umuhanda mwiza uturuka Nyamata ukagera mu Murenge wa Juru ku buryo bazajya bahahirana mu buryo bworoshye.

Yagize ati “Numvise ko mufite ikibazo cy’umunda, nimutugirira icyizere nzabubakira umuhanda uturuka Nyamata ukagera Juru. Inaha hari umwihariko w’amagare, tuzubaka umunda ku buryo amagare azabona aho anyura bidateje impanuka.”

Iri jambo ryakiriwe neza n’abaturage bo muri aka Karere ka Bugesera, bavuga ko basanzwe babangamirwa n’ivumbi ryinshi ryo muri uyu muhanda.

Umwe mu baturage yagize ati ”Yadusezeranyije ko azatwubakira umuhanda, rero tuzamutora kugira ngo awubake kuko uratubangamiye.”

Dr Frank Habineza n’ishyaka ayoboye bakiva mu Karere ka Bugesera bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro i Gahanga.

Ishyaka Green Party rikomeje kumvikanisha imigabo n’imigambi yaryo mu baturage irimo gukuraho burundu ibigo by’inzererezi, kongerera agaciro ubwisungane mu kwivuza, no gukuraho umusoro w’ubutaka.

Dr Frank Habineza yakiriwe n’abaturage benshi
Yabizeje kuzabakorera umuhanda naramuka atowe

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Next Post

AMAGARE: Amateka yongeye kwiyandika mu isiganwa rikurikirwa na benshi ku Isi

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80
AMAHANGA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

12/08/2025
AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAGARE: Amateka yongeye kwiyandika mu isiganwa rikurikirwa na benshi ku Isi

AMAGARE: Amateka yongeye kwiyandika mu isiganwa rikurikirwa na benshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.