Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)

radiotv10by radiotv10
20/10/2021
in MU RWANDA
0
Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu batuye mu mujyi wa Kigali bavuga ko hashize igihe kinini basabye umujyi wa Kigali kwitunganyiriza ubutaka bwo guturaho (Phyisical Plan) ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Mu mujyi wa Kigali nyuma y’uko igishushanyombonera gisohotse kikagaragaza ubutaka bwemerewe guturwa mbere yo gutangira kubaka abaturage basabwa kubanza gutunganya ubwo butaka (Phyisical Plan) harimo kubucamo mihanda no kugena aho ibindi bikorwaremezo bizanyuzwa.

Ibi bikorwa ari uko abaturage bafite ubutaka buherereye mu gace kamwe bishyize hamwe bakandikira ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bagaragaza uko biteguye kwitunganyiriza ubutaka kugirango bemererwe gutangira kubwubakamo.

Kuri ubu ariko hari bamwe mu bavuganye na radio tv10 bavuga ko hashize igihe kinini basabye kwitunganyiriza ubutaka bwabo ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Abo twavuganye ni abo mu murenge wa NDERA ho mu karere ka Gasabo.

Umwe yagize ati”hashize  amezi  arinnndwi dusabye umujyi wa Kigali kugirango twitunganyirize ubutaka ariko ntagisubizo na kimwe twahawe kandi ibi nibyo bituma hari abaturage bishora mu kubaka nta byangombwa bikarangira basenyewe.”

Undi nawe yagize ati” jyewe navuye Rusizi nje gushakisha ngira amahirwe ngura akabanza hano I Ndera ariko ngiye kumara imyaka ibiri nifuza kubaka twasaba ibyangombwa bakabitwima ngo ubutaka bwacu ntibutunganyijwe kandi nabyo twishyize hamwe turabisaba ariko ntibatwemerera.”

Kuri iki kibazo buyobozi bw’umujyi wa Kigali bushimangira ko nta muturage wemere kubaka ku butaka butaratunganywa ariko bwizeza aba bamaze kubisaba ko mu minsi micye abaza kuba abahawe ibisubizo. Dr Mpabwanamaguru Merard umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imiturire ubwo yasubizaga ibibazo mu kiganiro umujyi wa Kigali uherutse kugirana n’itangazamakuru yagize ati “Kuba hari abatinda kwemerewa kwitunganyiriza ubutaka ntibivuga ko abantu bishora mu kubaka akajagari ikindi ntabwo ubutaka bwose wagenewe guturwa hano i Kigali twabyika ngo tubukate bwose nkaho nyuma yacu hatazaboneka abandi bifuza kubaka abo rero nibihangane muminsi micye turabasubiza.”

Hari abavuga ko kuba hirya no hino mu mujyi wa Kigali hagenda humvikana abaturage bubaka amazu nyuma abayobozi bakabasenyera bitwaje ko ngo byakozwe nta byangombwa akenshi ngo n’uko iyo basabye kwitunganyiriza ubutaka umujyi wa Kigali ngo ubigendamo biguruntege umuturage akarambirwa gutegereza.

Bitegenyijwe ko Umujyi wa Kigali uzaba utuwe na miliyoni 3 n’ibihumbi 800 mu 2050, aha uzaba ukeneye inzu zirenga ibihumbi 859 zizahaza uwo mubare w’abanya-Kigali mu myaka 30 iri imbere.

Inkuru ya NTAKIRUTIMANA Pacifique/Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fourteen =

Previous Post

AMAFOTO: AS Kigali yafashe urugendo rugana i Kinshasa

Next Post

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.