• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwasabiye igihano cy’urupfu n’ibindi bihano biremereye abagize agatsiko ‘Forces du Progrès’ n’abandi bakurikiranyweho ibyaha bihungabanya umudendezo, barimo abaherutse kugaba igitero ku rugo rwa Joseph Kabila wigeze kuba Perezida w’iki Gihugu.

Uretse aba bashinjwa kugaba igitero kwa Kabila, baregwa hamwe n’abandi bitambitse ishyirwa mu bikorwa icyemezo cyo kwirukana abari bigabije inyubako ya Kamul Inter.

Mu gutanga umwanzuro wabwo mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, Ubushinjacyaha bwasabiye ibihano binyuranye birimo icy’urupfu abagize aka gatsiko k’aba bijanditse mu bikorwa by’urugomo.

Mu bihano byasabwe n’Ubushinjacyaha kandi, harimo igifungo cy’imyaka itantu kubera icyaha cyo gufunga abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, icy’imyaka 10 kubera gukoresha abana mu bikorwa bigize ibyaha.

Naho igihano cy’urupfu bakaba bagisabiwe n’Ubushinjacyaha kubera icyaha cyo kugambirira kwica, ndetse n’ikindi gihano cy’igifungo cy’imyaka 20 kubera ubujura buciye icyuho n’urugomo.

Abantu 65 ni bo baregwa muri uru rubanza rw’ibikorwa by’urugomo, ibyo kwigomeka ndetse no kugaba igitero ku rugo rwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, aho bagomba kugira icyo bavuga kuri ibi bihano basabiwe n’Ubushinjacyaha.

Iri tsinda rizwi nka Force du progrès rishinjwa uruhurirane rw’ibi byaha, ni abishyize hamwe bafitanye isano n’umutwe wa Politiki wa UDPS uri ku butegetsi muri DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 4 =

Previous Post

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Next Post

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.