Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku kabari kagaragayemo abakobwa babyina bambaye ubusa buriburi

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku kabari kagaragayemo abakobwa babyina bambaye ubusa buriburi

Photo/ Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruherutse guta muri yombi abarimo nyiri akabari kagaragayemo abakobwa babyinaga bambaye ubusa, rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko abaregwa bakoreshaga abakobwa mu bikorwa by’ubusambanyi.

Aba bantu batawe muri yombi mu ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2024, ubwo inzego z’umutekano zasangaga abantu 22 muri aka kabari kitwa Viga Edelweiss.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, ndetse runakora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo aba bantu, ikaba yaranashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Iyi dosiye ubu iregwamo abantu babiri, ari bo nyiri aka kabari ndetse n’uwagacungaga, yashyikirijwe Ubushinjacyaha mu cyumweru gishize tariki 23 Kanama 2024 nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko aba bantu babiri bakurikiranyweho icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi.

Dr Murangira kandi yavuze ko iperereza ry’ibanze ryakozwe kuri aba bantu n’aka kabari, ryagaragaje ko aba baregwa bakoreshaga abakobwa muri kariya kabari mu bikorwa by’ubusambanyi bagamije inyungu z’amafaranga.

Umuvugizi wa RIB yaboneyeho kugira inama abafite utubari kwirinda ibikorwa bigamije gushakira inyungu mu bandi nk’abakozi babo, babashora mu bikorwa nk’ibi by’ubusambanyi cyangwa ibindi biganisha ku bashakamo inyungu z’amafaranga.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO Nº 51/2018 RYO KU WA 13/08/2018 RYEREKEYE GUKUMIRA, KURWANYA NO GUHANA ICURUZWA RY’ABANTU NO GUSHAKIRA INYUNGU MU BANDI

Ingingo ya 24: Gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi

Umuntu, agamije inyungu, ukora kimwe mu bikorwa bikurikira aba akoze icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi:

1º gushishikariza, koshya, kuyobya, kureshya, guhatira undi gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa gukoresha ubundi buryo hagamijwe kuyimushoramo;

2º gutanga ikiguzi agamije ubwe gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa kugitangira undi muntu ngo ayikore;

3º gucumbikira umuntu abizi neza ko aje gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina;

4º gutangaza, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ko afasha ushaka gukora imibonano mpuzabitsina;

5º gufasha, guhagarikira cyangwa kurengera abizi ushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina;

6º kuyobora amazu akorerwamo ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, gushora imari muri bene ayo mazu cyangwa gucunga umutungo azi neza ko ukomoka kuri ayo mazu;

7º gutanga abizi ahantu ngo hakodeshwe kugira ngo hakorerwe ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi;

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 Frw) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 Frw).

Igihano cy’igifungo kivugwa mu gika cya 2 cy’iyi ngingo cyikuba kabiri ku muntu ushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi iyo: 1° icyaha gikozwe ku bantu benshi; 2° icyaha cyakozwe n’abantu benshi bafatanyije;

3° uwakoze icyaha yifashishije intwaro;

4° icyaha gikozwe n’uwo uwagikorewe akomokaho cyangwa undi wese bafitanye isano;

5° icyaha cyakozwe n’umukozi wo mu rugo rw’uwo yagikoreyeho;

6° icyaha gikozwe n’umuntu uyobora uwagikorewe, ukora imirimo rusange igenewe abaturage, umwarimu, umurezi cyangwa ushinzwe imiryango ishingiye ku myemerere.

Iyo ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo bikorewe umwana, igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni icumi (10.000.000 Frw) ariko atarenze miliyoni cumi n’eshanu (15.000.000 Frw).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Menya izindi serivisi z’ubutaka zitazongera gusabwa hakoreshejwe impapuro

Next Post

Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije

Related Posts

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
12/06/2025
0

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
12/06/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti ‘Rwanda FDA’ cyatangaje ko cyatahuye imiti y’ibinini itemewe yitwa ‘Relief’, gihita kiyihagarika ku isoko...

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

by radiotv10
11/06/2025
0

Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Gatsibo, ari gushakishwa akekwaho gukomeretsa umugore we yarumye...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

12/06/2025
Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

12/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

12/06/2025
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

12/06/2025
Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije

Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.