Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

REG BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona, ibona itike ya BAL 2022

radiotv10by radiotv10
01/11/2021
in SIPORO
0
REG BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona, ibona itike ya BAL 2022
Share on FacebookShare on Twitter

REG BBC yasinze Patriots BBC, amanota 64-49 mu mukino w’ishiraniro ihita ibona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League 2022. Uyu mukino wa kabiri wa play-offs wabereye muri Kigali Arena.

Amakipe yombi yahuye kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’umunsi umwe ahuriye mu mukino wa mbere na wo wari watsinzwe na REG BBC ku wa Gatanu.
Patriots BBC yitwaye neza mu gace ka mbere, igatsindamo amanota 14-11 mu gihe aka kabiri karangiye REG BBC iri imbere n’ikinyuranyo cy’inota rimwe (27-28).
Mu gace ka gatatu, Adonis Filer na Shyaka Olivier bagize uruhare mu gufasha REG gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 (38-48) mu gihe umukino warangiye harimo 15 (49-64).
Gutsinda uyu mukino byatumye REG BBC igeza intsinzi 2-0 zari zikenewe mu mikino itatu ishoboka kugira ngo ikipe ihite yegukana igikombe.


Iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ni yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League rizaba ku nshuro ya kabiri mu mwaka utaha wa 2022.
REG BBC yaherukaga igikombe cy’iyi Shampiyona iterwa inkunga na Banki ya Kigali Plc mu 2017 mu gihe Patriots BBC yatwaye bitatu byaherukaga gukinirwa.
Abakinnyi bitwaye neza bashimiwe
Umukinnyi mwiza wa Shampiyona (MVP) yabaye Shyaka Olivier wa REG BBC naho abagize ikipe y’umwaka ni Adonis Filer (REG), Belleck Bell (REG), Ndizeye Ndayisaba Dieudonné (Patriots), Shyaka Olivier (REG) na Wamukota Bush (Patriots).
Umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi ni Romain Murenzi Kizito wa UGB, uwahize abandi mu kugarira yabaye Kamndoh Betoudje Frank wa Shoot For Stars. Mbanze Brian wa RP IPRC Huye ni we watsinze amanota menshi naho Ndizeye Dieudonné aba uwahize abandi mu gutsinda amanota atatu.
Umutoza w’umwaka yabaye Mwinuka Henry wa REG BBC naho Umusifuzi w’umwaka yabaye Ruhumuriza Jean Sauveur.
The Hoops na REG WBBC zirisobanura mu mukino wa gatatu
Mu bagore, REG WBBC yari yatsinze umukino wa mbere ku wa Gatanu, yananiwe gutsinda uwa kabiri ku wa Gatandatu.
The Hoops Rwanda ifite igikombe giheruka, byayisabye amasegonda atatu ya nyuma kugira ngo itsinde REG WBBC amanota 46-44, byatumye hazitabazwa umukino wa gatatu ku Cyumweru, tariki ya 31 Ukwakira 2021 saa Kumi n’ebyiri.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Shampiyona yatangiye amakipe akomeye abona intsinzi umunsi wa mbere wabonetsemo ibitego 16 -uko imikino yose yagenze

Next Post

AMAFOTO – Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO – Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

AMAFOTO - Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.