Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

REG BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona, ibona itike ya BAL 2022

radiotv10by radiotv10
01/11/2021
in SIPORO
0
REG BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona, ibona itike ya BAL 2022
Share on FacebookShare on Twitter

REG BBC yasinze Patriots BBC, amanota 64-49 mu mukino w’ishiraniro ihita ibona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League 2022. Uyu mukino wa kabiri wa play-offs wabereye muri Kigali Arena.

Amakipe yombi yahuye kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’umunsi umwe ahuriye mu mukino wa mbere na wo wari watsinzwe na REG BBC ku wa Gatanu.
Patriots BBC yitwaye neza mu gace ka mbere, igatsindamo amanota 14-11 mu gihe aka kabiri karangiye REG BBC iri imbere n’ikinyuranyo cy’inota rimwe (27-28).
Mu gace ka gatatu, Adonis Filer na Shyaka Olivier bagize uruhare mu gufasha REG gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 (38-48) mu gihe umukino warangiye harimo 15 (49-64).
Gutsinda uyu mukino byatumye REG BBC igeza intsinzi 2-0 zari zikenewe mu mikino itatu ishoboka kugira ngo ikipe ihite yegukana igikombe.


Iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ni yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League rizaba ku nshuro ya kabiri mu mwaka utaha wa 2022.
REG BBC yaherukaga igikombe cy’iyi Shampiyona iterwa inkunga na Banki ya Kigali Plc mu 2017 mu gihe Patriots BBC yatwaye bitatu byaherukaga gukinirwa.
Abakinnyi bitwaye neza bashimiwe
Umukinnyi mwiza wa Shampiyona (MVP) yabaye Shyaka Olivier wa REG BBC naho abagize ikipe y’umwaka ni Adonis Filer (REG), Belleck Bell (REG), Ndizeye Ndayisaba Dieudonné (Patriots), Shyaka Olivier (REG) na Wamukota Bush (Patriots).
Umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi ni Romain Murenzi Kizito wa UGB, uwahize abandi mu kugarira yabaye Kamndoh Betoudje Frank wa Shoot For Stars. Mbanze Brian wa RP IPRC Huye ni we watsinze amanota menshi naho Ndizeye Dieudonné aba uwahize abandi mu gutsinda amanota atatu.
Umutoza w’umwaka yabaye Mwinuka Henry wa REG BBC naho Umusifuzi w’umwaka yabaye Ruhumuriza Jean Sauveur.
The Hoops na REG WBBC zirisobanura mu mukino wa gatatu
Mu bagore, REG WBBC yari yatsinze umukino wa mbere ku wa Gatanu, yananiwe gutsinda uwa kabiri ku wa Gatandatu.
The Hoops Rwanda ifite igikombe giheruka, byayisabye amasegonda atatu ya nyuma kugira ngo itsinde REG WBBC amanota 46-44, byatumye hazitabazwa umukino wa gatatu ku Cyumweru, tariki ya 31 Ukwakira 2021 saa Kumi n’ebyiri.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Shampiyona yatangiye amakipe akomeye abona intsinzi umunsi wa mbere wabonetsemo ibitego 16 -uko imikino yose yagenze

Next Post

AMAFOTO – Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO – Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

AMAFOTO - Areruya Joseph yegukanye isiganwa ryitiriwe Gukunda igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.