REG BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona, ibona itike ya BAL 2022

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

REG BBC yasinze Patriots BBC, amanota 64-49 mu mukino w’ishiraniro ihita ibona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League 2022. Uyu mukino wa kabiri wa play-offs wabereye muri Kigali Arena.

Izindi Nkuru

Amakipe yombi yahuye kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’umunsi umwe ahuriye mu mukino wa mbere na wo wari watsinzwe na REG BBC ku wa Gatanu.
Patriots BBC yitwaye neza mu gace ka mbere, igatsindamo amanota 14-11 mu gihe aka kabiri karangiye REG BBC iri imbere n’ikinyuranyo cy’inota rimwe (27-28).
Mu gace ka gatatu, Adonis Filer na Shyaka Olivier bagize uruhare mu gufasha REG gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 (38-48) mu gihe umukino warangiye harimo 15 (49-64).
Gutsinda uyu mukino byatumye REG BBC igeza intsinzi 2-0 zari zikenewe mu mikino itatu ishoboka kugira ngo ikipe ihite yegukana igikombe.


Iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ni yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League rizaba ku nshuro ya kabiri mu mwaka utaha wa 2022.
REG BBC yaherukaga igikombe cy’iyi Shampiyona iterwa inkunga na Banki ya Kigali Plc mu 2017 mu gihe Patriots BBC yatwaye bitatu byaherukaga gukinirwa.
Abakinnyi bitwaye neza bashimiwe
Umukinnyi mwiza wa Shampiyona (MVP) yabaye Shyaka Olivier wa REG BBC naho abagize ikipe y’umwaka ni Adonis Filer (REG), Belleck Bell (REG), Ndizeye Ndayisaba Dieudonné (Patriots), Shyaka Olivier (REG) na Wamukota Bush (Patriots).
Umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi ni Romain Murenzi Kizito wa UGB, uwahize abandi mu kugarira yabaye Kamndoh Betoudje Frank wa Shoot For Stars. Mbanze Brian wa RP IPRC Huye ni we watsinze amanota menshi naho Ndizeye Dieudonné aba uwahize abandi mu gutsinda amanota atatu.
Umutoza w’umwaka yabaye Mwinuka Henry wa REG BBC naho Umusifuzi w’umwaka yabaye Ruhumuriza Jean Sauveur.
The Hoops na REG WBBC zirisobanura mu mukino wa gatatu
Mu bagore, REG WBBC yari yatsinze umukino wa mbere ku wa Gatanu, yananiwe gutsinda uwa kabiri ku wa Gatandatu.
The Hoops Rwanda ifite igikombe giheruka, byayisabye amasegonda atatu ya nyuma kugira ngo itsinde REG WBBC amanota 46-44, byatumye hazitabazwa umukino wa gatatu ku Cyumweru, tariki ya 31 Ukwakira 2021 saa Kumi n’ebyiri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru