Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuntu bikekwa ko ari umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasatiriye ubutaka bw’u Rwanda arasa amasasu agera mu icumi arimo ayo yarashe ku minara y’abasirikare b’u Rwanda ndetse no mu ngo z’abaturage mu Karere ka Rubavu.

Iki gikorwa cyabaye ahagana saa tanu z’igitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024 mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi.

Abaturage bo mu Midugudu ya Gasutamo n’uwa Iyobokamana yo muri aka Kagari ka Mbugangari, babwiye RADIOTV10 ko muri aya masaaha ya saa tanu, bumvise urusaku rw’amasasu, ndetse bamwe bakaba babonye ibyakozwe n’uyu musirikare wo muri Congo.

Umwe muri aba baturage, yavuze ko uyu warashe, yabanje kwerecyeza mu butaka butagira nyirabwo buri hagati ya DRC n’u Rwanda, akabanza kurasa ku minara y’abasirikare barinda umupaka w’u Rwanda, yabona batamusubije agahita yerecyeza umunwa w’imbunda mu ngo z’abaturage.

Uyu muturage avuga ko uyu musirikare yabanje kurasa amasasu abiri (2) ku minara y’abasirikare b’u Rwanda, ubundi akarasa mu ngo z’abaturage amasasu agera muri arindwi (7).

Yavuze ko abasirikare bo muri DRC bamaze kubona ibyariho bikorwa n’uyu mugenzi wabo, bahise baza bakamugota, ubundi bakamufata bakamujyana mu Gihugu cyabo.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Gasutamo, Rwagasore Faustin yabwiye RADIOTV10 ko nta muturage n’umwe wagiriye ikibazo muri iki gikorwa, ngo akomereke cyangwa ahasige ubusima, ndetse ko nyuma yuko ibi bibaye, bahise basubira mu mirimo yabo nk’ibisanzwe.

Amasasu yarashwe mu ngo z’abaturage yagiye yangiza bimwe mu bikorwa byabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − three =

Previous Post

Amakuru agezweho: Herekanywe batandatu bakurikiranyweho ubwambuzi na Telefone zibiwe ahantu hatandukanye harimo mu nsengero

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye muri RDF abasirikare barimo ufite ipeti rya Major General

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe
FOOTBALL

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yirukanye muri RDF abasirikare barimo ufite ipeti rya Major General

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye muri RDF abasirikare barimo ufite ipeti rya Major General

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.