Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uri guhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko nta kindi kiganiro mpaka azagirana na Visi Perezida Kamala Harris bahanganye mu matora.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Kane nyuma y’iminota micye itora ry’ibanze mu bikorwa byo kwiyamamaza, rigaragaje ko Trump ari imbere ya Kamala Harris muri Leta z’ibanze, aho yagize amajwi abiri, mu gihe uwo bahanganye nta jwi yagize, hagendewe ku kiganiro mpaka cyabahuje.

Mu butumwa bwa Trump, yagize ati “niba uwo duhanganye atsinzwe urugamba, amagambo ya mbere navuga, ni uko nshaka kumujya kure.”

Yakomeje agira ati “Amatora agaragaje ko natsinze ikiganiro mpaka cyampuje na mugenzi wanjye Kamala Harris Umukandida udashoboye w’Aba- Democrats mu ijoro ryo ku wa Kabiri, agahita yifuza ko haba ikiganiro mpaka cya kabiri.”

Hari amakuru avuga kandi ko Perezida Biden yasabye Visi Perezida we Kamala Harris kutemera ibindi biganiro mpaka na Trump bizatambuka kuri NBC na CBS.

Trump mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Nta kiganiro mpaka cya gatatu kizaba” nyuma y’iki yagiranye na Kamala Harris ndetse n’icyamuhuje na Biden tariki 27 Kamena uyu mwaka.

Yagize ati “Twakoze ibiganiro bibiri. Murabizi, kimwe nakoze na Biden, ikindi na mugenzi we Kamala. Nabyitwayemo neza. Nabikoze neza. Rero ndabona nta mpamvu yo gukora ikindi.”

Nubwo Trump akomeje kuvuga ko yitwaye neza kurusha Kamala Harris, abasesenguzi n’abahanga muri Politiki bavuga ko Visi Perezida yitwaye neza kurusha Trump.

Trump wifuza kugaruka muri White House, yakomeje agira ati “Kamala agomba gukomeza gushyira imbara mu byo yakoze mu gihe cy’imyaka ikabakaba ine. We na Joe basenye Igihugu cyacu.”

Mu kiganiro mpaka cyabaye muri iki cyumweru, aba bombi bagiye bavuga ko ibyatangazwaga na mugenzi w’undi, ari ibinyoma, ndetse buri umwe akavuga ko undi adashoboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − sixteen =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Next Post

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
MU RWANDA

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.