Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA
0
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Mugabane w’u Burayi haravugwa ubwoko bushya bwa Covid bwa XEC bushobora kongera guhangayikisha Isi, kubera uburyo bwandura mu buryo bwuhuse.

Ubu bwoko bushya bwagaragaye bwa mbere mu Budage mu kwezi kwa Kamena 2024, bumaze kugera mu Bihugu birenga 13.

Ubu bwoko bushya bwa Covid bufite ubukana bwo hejuru mu gukwirakwira, burimo na bwo ubwoko bubiri, ari bwo KS.1.1 na KP.3.3.

KS.1.1 cyangwa FLiRT ni bwo bukwirakwira cyane, bukaba bukomeje gutuma imibare y’abarwaye Covid yongeye kuzamuka ku Isi, mu gihe

Ubwoko bwa KP.3.3 cyangwa FLuQE bwo buzwiho kugera mu mubiri bukihindagura.

Raporo zikomeje gushyirwa hanze, zigaragaza ko ubu bwoko bwa Covid bwa XEC bwihindagura cyane, bityo ko ari yo mpamvu abantu bakwiye gufata inkingo z’ibanze ndetse z’izitsindagira.

Ikigo cy’Ubuzima mu Bwongereza, cyemeje gutanga ku buntu doze z’urukingo zo gutsindagira (booster) ku bantu bose bashobora kuzahazwa na Covid-19.

Umusesenguzi ku bijyanye na Covid, Mike Honey yanditse ubutumwa kuri X, ko “hari ubwiyongere bukabije bwa XEC mu Denmark no mu Budage.”

Yakomeje agira ati “Ubwoko bushya bwa XEC bukomeje gukwirakwira, kandi biragaragara ko bushobora kongera guteza impunge kubera ubwoko bushya bwa DeFLuQE (KP.3.1.1.).”

Yagaragaje Ibihugu byugarijwe cyane n’ubu bwoko bushya bwa Covid, nka Denmark n’u Budage aho biri ku kigero kiri hagati ya 16% na 17%, ndetse n’u Bwongereza n’u Buholandi biri ku kigero kiri hagati ya 11% na 13%.

Ni mu gihe Urwego Rushinzwe Umutekano mu by’Ubuzima mu Bwongereza UKHSA (UK Health Security Agency), ruvuga ko kororoka k’ubu bwoko bushya bwa Covid, biri ku gipimo gisanzwe.

Ibimenyetso by’ubu bwoko bushya bwa Covid, ni kimwe n’iby’ubusanzwe, birimo ibicurane, guhinda umuriro, kubabara mu muhogo, gucika intege ndetse no kudashaka kurya.

Benshi mu barwaye ubu bwoko, batangira kumererwa neza nyuma y’ibyumweru bicye, ariko kugira ngo umuntu akire burundu, bwo bikaba bimara igihe kinini.

Inzobere zivuga ko inkingo za Covid zisanzwe, zizewe ku kuba abakwandura ubu bwoko bushya, umubiri wabo wabasha guhangana na bwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

Next Post

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.