Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro batabaza bavuga ko bamerewe nabi n’ababahaye amadeni nyuma yuko Akarere kababariye imitungo kabizeza ko kagiye kuyibishyura bakahava ndetse kagatwara ibyangombwa by’ubutaka bwabo ariko bakaba baherutse kubwirwa ko batacyishyuwe.

Aba baturage bo mu mudugudu wa Karungu mu Kagari ka Bunyunju mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze imyaka igera kuri ibiri barabujijwe kugira ibikorwa birambye bakorera ku butaka n’inzu zabo ndetse ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwari bwarababariye bukanabaka ibyangombwa by’ubutaka bwabo bizezwa ko bazishyurwa vuba.

Nsanzurwanda Jacques ati “Bamaze kutubarura hashize nk’ukwezi n’igice mu kwezi kwa munani baragaruka baje kudusinyisha ku buryo buri muntu yamenye amafaranga azahabwa tuti ‘none se ko abantu bari gutemagura ibintu byacu Leta ikaba itari kutwishyura?’ Bigeze mu kwezi kwa cyenda duhamagara Umuyobozi w’Akarere aratubwira ngo ntimuhinge bagiye kubishyura.”

Aba baturage bavuga ko harimo n’abahise bashaka ahandi bajya kuba, ndetse bamwe banajya mu mitungo bizeza ba nyirayo kuzabishyura na bo nibishyurwa.

Icyimanizanye Donatille ati “Ngo n’n Kigali najyayo ni ko bambwiye ngo ninshake aho nimukira, ubwo mba ngiye gucisha inzu ya miliyoni eshatu muri Kivumu ku muhanda mva muri iki cyaro.”

Sinibagiwe Jacqueline washatse icyangombwa cy’ubutaka bwe huti huti kimwe n’abandi baturage bo kuri aka gasozi ka Karungu, bavuga ko ubuyobozi bwabotsaga igitutu, ku buryo hari n’abandi bafashe amadeni yo kugira ngo babone ibyangombwa.

Ati “biba ngombwa ko ku Karere bahamagara ngo mbese ko amafaranga yaje mukaba muri gutinza ibyangombwa ubwo mpita nshaka umuntu anguriza ibihumbi Magana ane byunguka ibihumbi 150 bya buri kwezi. Nta kindi kimpangayikishije ni ayo madeni kuko ndi hafi kujya mu Kivu [kwiyahura] hejuru y’ayo madeni kuko maze kugeramo miliyoni n’ibihumbi Magana atatu.”

Aba baturage bavuga ko icyabashenguye umutima ari uko mu kwezi gushize kwa Kanama 2024, ubuyobozi bwabamenyesheje ko batakishyuwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, ahakana ibyo kubuza abaturage kugira ibikorwa bakorera ku butaka bwabo, akavuga ko ahubwo hatekerejwe kugurwa nyuma yuko Ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’Igihugu harimo n’Akarere ka Rutsiro muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023.

Ati “Iyo ugiye kureba agaciro k’ikintu ureba ngo icyo kintu ni ikihe, icyangombwa ni ikihe kiriho ubuso buhe? Rero bararebye koko batangira kuvuga ngo ibintu birimo ni ibihe bifite akahe gaciro, ariko nta muturage bigeze bakura mu nzu ye nta n’uwo bigeze babuza guhinga mu isambu ye. Nta gutegereza ikizaza ejo igihe ugifite ikintu cyawe ntawakigukuyemo ugifiteho uburenganzira 100%. Uyu munsi umuntu arebe icyamugirira akamaro.”

Imiryango igera kuri 28 yo ku gasozi ka Karungu mu Murenge wa Kivumu ni yo ubuyobozi bw’aka Karere buvuga ko yagombaga kwimurwa kimwe n’andi masite arimo Mushubati na Gihango, icyakora ubuyobozi ntibutanga umucyo niba aba baturage bazimurwa cyangwa bazagumana ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bari mu rujijo n’agahinda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − one =

Previous Post

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Next Post

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Related Posts

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

by radiotv10
14/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

by radiotv10
14/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rufunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

In today’s fast-moving digital economy, saving money is no longer limited to traditional banking. With the rise of mobile financial...

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari...

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Ikawa y’u Rwanda yongeye guca agahigo ku ruhando mpuzamahanga mu gikorwa cyabereye muri America

by radiotv10
14/04/2026
0

Ikawa y’u Rwanda yaje mu myaka itanu ya mbere zatsinze mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ryabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America....

IZIHERUKA

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.