Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, wari usanzwe akora akazi ko kurara izamu, agafatanya no gucukura imisarani n’imyobo ku manywa, yitabye Imana aridukiwe n’umwobo wa metero 14 yacukuraga mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Kamembe.

Iyi mpanuka yahitanye Dusabimana Eric yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024 ubwo yari ari gucukura umwobo mu Kagari ka Kamashangi ukaza kumuridukira.

Ni mu gihe nyakwigendera we yari atuye mu Mudugudu Mpuzamahanga mu Kagari ka Mpinga mu Murenge wa Gikundamvura, aho yari asanzwe akora akazi ko kurara izamu kuri imwe mu nyubako zo mu Mujyi wa Kamembe, bwacya akajya gukora akazi ko gucukura imisarani n’imyobo ifata amazi.

Uyu mwobo yacukuraga wongerwaga ku wari usanzweho, waje kuriduka ubwo uwo bakoranaga yari ari kuzamura itaka.

Ntaganda Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kamashangi kabereyemo iyi mpanuka, yabwiye RADIOTV10 ko yabaye saa tatu zirengaho iminota, ubwo nyakwigendera yacukuraga umwobo ku rugo rw’umuturage witwa Pascal Bivakumana.

Ati “Yaje kugira ibyago itaka riza kumutengukiraho, biba ngombwa ko twiyambaza inzego zishinzwe ubutabazi za Polisi ziza kudutabara.”

Uyu muyobozi avuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko nta burangare bwaba bwabayeho kugira ngo uyu muturage ahasige ubuzima, ahubwo ko ari impanuka isanzwe yabaye.

Ati “Uretse ko aho bacukuraga twitegereje tureba dusanga hari ubutaka bworoshye, ari na yo mpamvu umukingo waridutse.”

Umurambo wa nyakwigendera usize umugore n’abana batatu, wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gihundwe, kugira ngo ukorerwe isuzuma, ubundi ukazashyikirizwa umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

Gukuramo umurambo wa nyakwigendera byabanje kugorana
Hiyambajwe inzego
Abaturage bababajwe n’urupfu rwa mugenzi we

Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + three =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.