Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Ukoresha izina rya Atanya [Phionah] ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n’impaka, yavuze ko ariya mashusho yayifashe ubwo yari ahagaze nabi ku mufuka ndetse amaze gutekerwa umutwe n’uwari wamwizeje akazi, bikamutera agahinda, akakivura atanga buriya butumwa.

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hari impaka zazamuwe n’ubutumwa bw’amashusho bw’uyu mukobwa wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rufite ubukene, aho yanitanzeho urugero ko na we yugarijwe n’ubukene, ariko ko uwamubona atabimukekeraho.

Mu butumwa bwe aherutse gutangaza bukanyura kuri TikTok, hari aho agira ati “Mundebe ndasa neza…ndamutse ngiye mu mujyi, abana bo mu mujyi batangira ngo ‘wanteje imbere’. Ariko urabizi se? Kuri MoMo mfiteho 300 Frw…uzi telefone nkoresha, ariko ndakennye.”

Muri ubwo butumwa, uyu mukobwa yasabaga inzego za Leta kugira icyo zikora kuri iki kibazo, aho yagize ati “Ibi ni byo Guverinoma ikwiriye kwitaho kuko turakennye. Ariko ntibabibona. Turakennye, Turakennye ntimukatubone dusa neza turakennye.”

Ni ubutumwa bwazamuye impaka ndende, byumwihariko zazamuwe na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasiye uyu mukobwa, bavuga ko yasebeje urubyiruko rw’u Rwanda, bavuga ko rudakennye ahubwo ko hari bamwe banze gukura amaboko mu mifuka ngo bajye gushakisha imibereho.

Impaka zaje kuba ndende, aho uwitwa Ignatius Kabagambe usanzwe ari Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, uzwiho gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga, yanditse ubutumwa kuri X, anenga ibyatangajwe n’uyu mukobwa, agera n’aho amushyira mu gatebo kamwe n’abatifuriza ineza u Rwanda, mu mafoto yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragarije uyu mugabo ko yarengereye, kuko kuba uriya mukobwa yavuze buriya butumwa bitari bikwiye gutuma amugereranya n’abagambirira inabi ku Gihugu cy’u Rwanda.

Byagenze gute ngo uyu mukobwa avuge kuriya

Mu kiganiro yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok cyatambukaga imbonankubone (Live), uyu mukobwa yagarutse ku cyamuteye kuvuga buriya butumwa ko “Urubyiruko rw’u Rwanda rukennye.”

Yavuze ko hari umuntu wari wamuhuje n’undi wagombaga kumuha akazi ariko ngo ‘kabi’ [ntiyavuze ako ari ko] ariko akakemera, akajya no gukora ikizamini cyo kubazwa imbonankubone (Interview).

Avuga ko nyuma yo gutsinda icyo kizamini cya Interview, bwacyeye akitegura nk’ugiye gutangira akazi, ahamagara uwo wari wakamuhaye, akamubwira ko kugira ngo agatangire hari amafaranga agomba kubanza kwishyura.

Uwo munsi ibi byabayeho ni nabwo yafashe ariya mashusho yazamuye impaka, ati “Ndamubwira nti ‘none se kugira ngo nze mu kazi ndabanza nkishyura?’ arambwira ngo ‘yego’.”

Avuga ko uwo muntu yari yabanje kumubwira ko azishyura ibihumbi 30 Frw, akamusaba ko yaba akora akazi akazayishyura nyuma, ariko akamuhakanira.

Ati “Arambwira ati ‘icyakora ikintu cyashoboka’ ngo ni uko nabanza nkamwishyura. Bucyeye ndamubwira nti ‘amafaranga ntayo mfite’.”

Ngo muri uko kuganira, uwo wari wamwizeje akazi yaje guhinduka ngo amubwira ko yishyura ibihumbi 15 Frw, ari na ho yahise abona ko ari ubutekamitwe.

Avuga ko ibitekerezo byamubaye byinshi mu mutwe, akagira n’agahinda, kandi ko kugira ngo akivure, ajya kuri TikTok ubundi agatanga ubutyumwa, ari na bwo yahitaga atanga buriya bwarikoroje.

Ati “Ubwo mba nkoze iriya video. Nari mbabaye ariko, ibaze gushaka akazi nta mafaranga ufite […] barakanyima, ndababara, mba depressed, mama wanjye arabibona,…”

Avuga ko ubwo yafataga ariya mashusho, ari bwo ibyo byose byari bimaze kuba, agasigara mu rugo wenyine. Ati “Ndavuga nti se iyi myenda ngiye kuyikuramo, ndavuga nti ‘reka nge kwikorera content’ mba ndaje ndavuga nti ‘turakennye’.”

Uyu mukobwa avuga ko yatunguwe n’uburyo abantu bakiriye buriya butumwa bwe, bakabujyana mu murongo mubi kandi atari cyo yari agamije, ahubwo ko yashakaga kugaragaza ikibazo.

Avuga kandi ko nyuma yuko atangaje buriya butumwa hari inshuti ye yahise imurangira akandi kazi, ndetse ubu akaba ari kugakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.