• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

radiotv10by radiotv10
25/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi we, nyuma yo kumugongera mu mujyi wa Kigali, aho bivugwa ko byatewe n’ubushyamirane bwo gupfa umukobwa.

Amakuru y’ifungwa ry’uyu musore, yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry wavuze ko akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’undi musore.

Dr Murangira avuga ko Mugisha David Gakub yafunzwe tariki 23 Mutarama 2026. Ati “akekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ngabo Eric.”

Umuvugizi wa RIB, yavuze ko uyu uregwa Mugisha David Gakuba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje.

Nyakwigendera Ngabo Eric wagonzwe, na we yari asanzwe aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bombi bari mu Rwanda baje mu biruhuko, ndetse ko bari basanzwe ari inshuti.

Amakuru avuga ko ubushyamirane bwatumye umwe agonga mugenzi we, bwatewe no gupfa umukobwa wakundwaga n’umwe muri aba basore.

Ngo ubwo bari basohokeye mu kabari kamwe mu Mujyi wa Kigali bari kumwe n’urundi rubyiruko, n’ubundi haje kubaho ubushyamirane, bwaturutse kuri ako gatotsi k’umukobwa bapfaga.

Bivugwa ko ubushyamirane bwabo bwaje kugera ku rwego rukomeye ndetse uyu ukekwaho kwica mugenzi we, akaza no kumubwira ko azamwica.

Muri ako kanya ubwo bari hanze y’akabari, ngo Mugisha yinjiye mu modoka, ahita agonga mugenzi we Ngabo, amuca hejuru, arongera asubira inyuma aramugonga, ahita anagenda yishyikiriza inzego z’umutekano.

Hahise habaho ubutabazi, aho hahise haza imbangukiragutabara, ariko ababonye nyakwigendera bavuga ko yahageze yamaze gushiramo umwuka, umubiri we uhita ujyanwa mu buruhukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 8 =

Previous Post

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Next Post

Why humans naturally copy each other’s behavior

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.