Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko u Rwanda rwakiriye izindi doze 1 000 z’inkingo za Marburg zaje zisanga izindi ruherutse kwakira zitangwa n’Ikigo cy’Abanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’.

Izi nkingo zakiriwe n’u Rwanda mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda.

MINISANTE ivuga ko izi nkingo zakiriwe mu rwego rwo gukomeza gufasha u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 14.

Minisiteri y’Ubuzima igira iti “Iki cyiciro cya kabiri, cyaje gikurikira izindi doze 700 zatanzwe mbere tariki 05 Ukwakira 2024, nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iyi ndwara tariki 27 Nzeri.”

Kuva izi nkingo zakwakirwa, hatangiye ibikorwa byo gukinigira, byatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’iyi ndwara ya Marburg yahitanye abiganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Minisiteri igakomeza igira iti “Kugeza ku wa Gatandatu, doze 620 zo mu cyiciro cya mbere, zamaze gutangwa.”

Imibare igaragaza uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ukwakira 2024, igaragaza ko hatanzwe izindi nkingo 49 kuri uwo munsi, aho kugeza ubu hamaze gukingirwa abantu 669.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko Ikigo Sabin Institute kiri guha inkingo u Rwanda, hagendewe ku mabwiriza n’amategeko y’ubuyobozi bwarwo.

Ivuga kandi ko iki kigo cya ‘Sabin Vaccine Institute’ gikomeje gufasha mu bikorwa by’inkingo z’icyorezo cya Marburg, kandi ko kiri kugira uruhare mu guhangana n’iyi ndwara.

MINISANTE iti “Izi nkingo zoherejwe ndetse n’izindi ngamba zo gukingira, birashimangira intambwe zikomeje guterwa n’u Rwanda mu guhangana na Virusi ya Marburg.”

Igikorwa cyo gutanga inkingo cyatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Marburg, nk’abakora mu Bitaro no mu mavuriro, biteganywa ko kizakomereza ku bandi bo mu bindi byiciro na byo bishobora kugira ibyago byo kuba bakwandura iyi ndwara.

U Rwanda rukomeje kwakira Inkingo za Marburg
U Rwanda rwakiriye izindi nkingo 1 000

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Menya abahanzi Nyarwanda bahatanye mu bihembo birimo n’abandi b’ibirangirire muri Afurika

Next Post

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Related Posts

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

IZIHERUKA

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye
MU RWANDA

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n'agasembuye yagafatiye icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.