Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA
0
Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent ukomokamo nyakwigendera Kayirangwa Olga uherutse kwitaba Imana nyuma yo kujya mu rugo rw’abasore babiri ubu banaregwa kugira uruhare mu rupfu rwe, uranyomoza amakuru akomeje gukwirakwizwa ku mpamvu y’uru rupfu.

Kayirangwa Olga usanzwe ari imfura mu muryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, yitabye Imana tariki 26 Nzeri 2024 nyuma yuko yari yagiye mu rugo rw’abasore babiri, ubu bari mu nzego z’ubutabera, ndetse bamaze no gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mukobwa, ku mbuga nkoranyambaga, hakomeje gucicikana amakuru ku rupfu rwe, harimo n’abavuga impamvu y’urupfu rwe.

Mu nyandiko yashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 n’umuryango wa Olga wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, wavuze ko ukomeje kubabazwa n’amakuru akwirakwizwa n’abavuga icyahitanye umwana wabo.

Umuryango wa Maj (Rtd) Gasagure uvuga ko umwana wabo “Olga yari muzima kandi nta ndwara idakira izwi yari arwaye.” Ku buryo “Urupfu rwe rutunguranye rwasize umuryango mu kababaro gakomeye.”

Ukomeza uvuga ko kandi nyuma y’urupfu rw’umwana wabo, hari abantu babiri ari bo Nasagambe Fred na Gatare Junior Gedion, bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Olga.

Wakomeje ugira ati “Muri iyi minsi, harimo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, arimo gusebanya, ndetse no kutubaha nyakwigendera watuvuyemo, ahubwo akarushaho kongerera umubabaro umuryango wacu ugifite agahinda.”

Nanone uyu muryango wakomeye ugira uti “By’umwihariko, dutewe inkeye, n’uko abantu bamwe, barimo abakoresha imbubuga za YouTube n’abigira abasobanuzi ku mbuga nkoranyambaga, bahisemo kuganira no kujya impaka, ku mugaragaro, ku rubanza rukiri mu nkiko, hagamijwe gusebanya, ndetse bakagera n’aho barengera bakavuga ku miterere y’urubanza kandi ikirego kigikurikiranwa n’Urukiko.”

Ukongera ati “Ibikorwa nk’ibi ni agasuzuguro keruye ku muryango wacu ukiri mu bihe by’akababaro. Turasaba abo bireba bose, guhagarika gusakaza cyangwa gukwirakwiza bene ayo makuru y’ibinyoma ku rupfu rwa Olga.”

Uyu muryango wasoje ubutumwa bwawo uvuga ko mu gihe ukiri mu bihe byo kuzirikana umwana wawo, unategereje guhabwa ubutabera, ndetse usaba n’abandi gutegereza icyemezo cya nyuma cy’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 2 =

Previous Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Next Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.