• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA
0
Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent ukomokamo nyakwigendera Kayirangwa Olga uherutse kwitaba Imana nyuma yo kujya mu rugo rw’abasore babiri ubu banaregwa kugira uruhare mu rupfu rwe, uranyomoza amakuru akomeje gukwirakwizwa ku mpamvu y’uru rupfu.

Kayirangwa Olga usanzwe ari imfura mu muryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, yitabye Imana tariki 26 Nzeri 2024 nyuma yuko yari yagiye mu rugo rw’abasore babiri, ubu bari mu nzego z’ubutabera, ndetse bamaze no gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mukobwa, ku mbuga nkoranyambaga, hakomeje gucicikana amakuru ku rupfu rwe, harimo n’abavuga impamvu y’urupfu rwe.

Mu nyandiko yashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 n’umuryango wa Olga wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, wavuze ko ukomeje kubabazwa n’amakuru akwirakwizwa n’abavuga icyahitanye umwana wabo.

Umuryango wa Maj (Rtd) Gasagure uvuga ko umwana wabo “Olga yari muzima kandi nta ndwara idakira izwi yari arwaye.” Ku buryo “Urupfu rwe rutunguranye rwasize umuryango mu kababaro gakomeye.”

Ukomeza uvuga ko kandi nyuma y’urupfu rw’umwana wabo, hari abantu babiri ari bo Nasagambe Fred na Gatare Junior Gedion, bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Olga.

Wakomeje ugira ati “Muri iyi minsi, harimo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, arimo gusebanya, ndetse no kutubaha nyakwigendera watuvuyemo, ahubwo akarushaho kongerera umubabaro umuryango wacu ugifite agahinda.”

Nanone uyu muryango wakomeye ugira uti “By’umwihariko, dutewe inkeye, n’uko abantu bamwe, barimo abakoresha imbubuga za YouTube n’abigira abasobanuzi ku mbuga nkoranyambaga, bahisemo kuganira no kujya impaka, ku mugaragaro, ku rubanza rukiri mu nkiko, hagamijwe gusebanya, ndetse bakagera n’aho barengera bakavuga ku miterere y’urubanza kandi ikirego kigikurikiranwa n’Urukiko.”

Ukongera ati “Ibikorwa nk’ibi ni agasuzuguro keruye ku muryango wacu ukiri mu bihe by’akababaro. Turasaba abo bireba bose, guhagarika gusakaza cyangwa gukwirakwiza bene ayo makuru y’ibinyoma ku rupfu rwa Olga.”

Uyu muryango wasoje ubutumwa bwawo uvuga ko mu gihe ukiri mu bihe byo kuzirikana umwana wawo, unategereje guhabwa ubutabera, ndetse usaba n’abandi gutegereza icyemezo cya nyuma cy’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Next Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.