Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Mirenge wa Mukura na Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko abashumba b’inka babarembeje, aho barema amatsinda bakajya kwahira imyaka yabo kugira ngo babone ubwatsi bw’amatungo yabo, ndetse hagira ubavuga bakamwadukira bakamukubita.

Aba baturage bavuga ko atari rimwe atari na kabiri, abashumba birara mu mirima yabo bakahira imyaka baba barahinze, ubundi bakajya kugaburira inka.

Umwe ati “Nk’ubu nari mfite imigozi y’ibijumba mu murima wanjye barayahira bayimaraho. Ikibazo  niuko iyo unabonye aba bashumba bakugirira nabi baba bafite ibyuma bakoresha bahira bakakubwira ko nubegera babigukebesha.”

Bavuga ko aba bashumba bakora ibi biremye udutsiko ku buryo n’ubabonye agira ubwoba, akabareka bakahira imyaka ye.

Undi ati “Ni abasore bigira nka batanu bakirema agatsiko ku buryo baza bakahira, wavuga bakagukata na nanjoro. Abenshi baza nijoro bakarara bahira imyaka, iyo muhuriye mu murima aragukeba. Bikunze kugaragara cyane hari n’abo baherutse gukomeretsa.”

Aba baturage bavuga ko imyaka ikunze kwahirwa n’aba bashumba, ari imigozi y’ibijumba ndetse n’imiceri, n’indi myaka yose iribwa n’amatungo.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, ange Sebutege; avuga ko iki kibazo koko kigeze kugaragara muri aka gace, ubuyobozi bukakinjiramo kugira ngo gikemuke.

Ati “Habayeho guhuza abaturage ari abashumba ndetse na ba nyiri amatungo kubereka ikibazo cy’urugomo ndetse n’icyo amategeko ategegeka ababigaragaweho, n’abagomba kubibazwa ko ari abakoresha babo bashumba.”

Yakomeje agira ati “Hanafashwe ingamba zo kuzajya hagenwa ibyangiritse bikaba byakwishyurwa, no gukurikirana abakoze urugomo bagahanwa hakurikijwe amategeko.”

Aba bahinzi bavuga ko iki kibazo uko igihe kigenda gishira kigenda gifata indi ntera dore ko aba bashumba, uretse kwahirira amatungo imyaka y’abaturage banarara bagenda, ku buryo hari n’igihe bambura abo bahuye na bo.

Imigozi y’ibijumba iri mu myaka yibasiwe
Abaturage bavuga ko bahangayitse kubera iyi myitwarire y’abashumba

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 7 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.