Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR, uravugwaho kuba ugiye gufata agace ka Pinga ko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, gashobora gutuma ufata uduce two mu zindi Ntara.

Uyu mutwe wa M23 kandi ukomeje gufata ibindi bice byo muri Teritwari ya Walikare muri iyi Ntara ya Kivu ya Ruguru, bigenda byegera izindi Ntara.

Ishyirahamwe rya ANVC (Association Nationale des Victimes du Congo), kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024, ryatanze impuruza risaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira icyo ikora igakumira ko uyu mutwe wa M23 ugera mu gace ka Pinga.

Umuhuzabikorwa wa ANVC mu Ntara ya Kivu ya Rupuru, Sadiki Mukobya yatangaje ko bafite impungenge nyinshi ko uyu mutwe wafata aka gace.

Yagize ati “Turasaba Guverinoma gutangiza byihuse ibikorwa byo kurinda abasivile, ndetse no kurinda ubusugire bwa Teritwari yacu.”

Abo mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko M23 iramutse ifashe agace ka Pinga ikakagenzura, byayorohera gufata izindi Ntara zihana imbibi na Kivu ya Ruguru, nka Tshopo na Ituri.

Muri iki cyumweru, umutwe wa M23 wagaragaje impungenge utewe n’ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje gukorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe yiyunze kuri iki gisirikare cya Leta ya Kinshasa.

Uyu mutwe kandi wongeye kwikoma ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye MONUSCO, na zo zakunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha FARDC n’imitwe irimo FDLR mu bikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kuri uyu wa Kabiri, M23 yasabye MONUSCO guhagarika gukoresha indege zitagira abapilote muri ubu bufasha iha ubufatanye burimo n’imitwe y’iterabwoba, inayisaba guhagarika iyi mikoranire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Next Post

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.