Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Icyo bakeka ku bantu bataramenyekana bateza urugomo rwafashe intera

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza, bavuga ko barembejwe n’urugomo bakorerwa n’abantu batazi bitwikira ijoro riguye ndetse no mu rukerera, ariko bagakeka ko ari abashumba b’inka.

Ibi bivugwa na bamwe mu bafite imirimo itandukanye bakorera mu bice by’inzuri no mu mirima iri mu gishanga cya Kigarama mu Murenge wa Mwili.

Babwiye RADIOTV10 ko muri aka gace, hakomeje kugaragara urugomo rwo gukubita no gukomeretsa, ku buryo kunyura muri aka gace mu masaha ya saa kumi nimwe no mu masaha ya mu gitondo bajya mu mirima no ku masoko, bitagipfa gukorwa.

Nshimiyimana Albert yagize ati “Nka saa kumi n’imwe saa kumi n’ebyiri, ntabwo wabona inzira igucyura, baba bari mu mihanda.”

Aba baturage kandi bavuga n’ingero z’abamaze gukorerwa urugomo muri aka gace ku buryo hari n’abahakuriramo ubumuga kubera gukubitwa n’aba bantu bataramenyekana.

Bikorimana Viateur yagize ati “Baherutse gukubita umuntu bamukuramo ijisho muri iyi minsi. Bamukubitiye hakurya aha bamukuramo ijisho, bagatega abantu bakabakubita.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo cyakumerwa no kuba ubuyobozi bwakaza umutekano w’aha hantu, ku buryo hazanwa inzego z’umutekano zisumbuyeho zikajya zihakora irondo mu masaha agaragaramo uru rugomo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Harerimana Jean Damscene yizeje aba baturage ko umutekano basaba ugomba kuboneka.

Ati “Umutekano ni ngombwa kuba uhari. Ibyasabwa byose kugira ngo umutekano uboneke na byo birakorwa. Icyo twakwizeza abaturage ni ukongera tukaganira tukareba ahaba hari ikibazo, inkomoko yacyo tukagishakira igisubizo. Niba ari ama rondo adakora neza tukayongerera imbaraga.

Tunashishikariza abaturage gutanga amakuru igihe havutse ikibazo, ariko no kumenya abo bantu bashobora guhungabanya umutekano cyangwa abantu  bafiteho impungenge zo kuba bahungabanya umutekano abo ari bo kugira ngo na bo bagirwe inama.”

Yavuze ko ubuyobozi bugiye gukorana n’abaturage kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’uru rugomo, ndetse bashakishwe kugira ngo babiryozwe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Bwa mbere umuhanzikazi Ariel Wayz yatanze umucyo ku cyamutandukanyije na Juno Kizigenza bakundanaga

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.