• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Icyo bakeka ku bantu bataramenyekana bateza urugomo rwafashe intera

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza, bavuga ko barembejwe n’urugomo bakorerwa n’abantu batazi bitwikira ijoro riguye ndetse no mu rukerera, ariko bagakeka ko ari abashumba b’inka.

Ibi bivugwa na bamwe mu bafite imirimo itandukanye bakorera mu bice by’inzuri no mu mirima iri mu gishanga cya Kigarama mu Murenge wa Mwili.

Babwiye RADIOTV10 ko muri aka gace, hakomeje kugaragara urugomo rwo gukubita no gukomeretsa, ku buryo kunyura muri aka gace mu masaha ya saa kumi nimwe no mu masaha ya mu gitondo bajya mu mirima no ku masoko, bitagipfa gukorwa.

Nshimiyimana Albert yagize ati “Nka saa kumi n’imwe saa kumi n’ebyiri, ntabwo wabona inzira igucyura, baba bari mu mihanda.”

Aba baturage kandi bavuga n’ingero z’abamaze gukorerwa urugomo muri aka gace ku buryo hari n’abahakuriramo ubumuga kubera gukubitwa n’aba bantu bataramenyekana.

Bikorimana Viateur yagize ati “Baherutse gukubita umuntu bamukuramo ijisho muri iyi minsi. Bamukubitiye hakurya aha bamukuramo ijisho, bagatega abantu bakabakubita.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo cyakumerwa no kuba ubuyobozi bwakaza umutekano w’aha hantu, ku buryo hazanwa inzego z’umutekano zisumbuyeho zikajya zihakora irondo mu masaha agaragaramo uru rugomo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Harerimana Jean Damscene yizeje aba baturage ko umutekano basaba ugomba kuboneka.

Ati “Umutekano ni ngombwa kuba uhari. Ibyasabwa byose kugira ngo umutekano uboneke na byo birakorwa. Icyo twakwizeza abaturage ni ukongera tukaganira tukareba ahaba hari ikibazo, inkomoko yacyo tukagishakira igisubizo. Niba ari ama rondo adakora neza tukayongerera imbaraga.

Tunashishikariza abaturage gutanga amakuru igihe havutse ikibazo, ariko no kumenya abo bantu bashobora guhungabanya umutekano cyangwa abantu  bafiteho impungenge zo kuba bahungabanya umutekano abo ari bo kugira ngo na bo bagirwe inama.”

Yavuze ko ubuyobozi bugiye gukorana n’abaturage kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’uru rugomo, ndetse bashakishwe kugira ngo babiryozwe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Bwa mbere umuhanzikazi Ariel Wayz yatanze umucyo ku cyamutandukanyije na Juno Kizigenza bakundanaga

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.