Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hashize igihe atavugana na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kubera ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda byanatumye abatuye ibi bihugu byafatwaga nk’ibivandimwe, bidakomeza kugenderana nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Kagame Paul yabivuze mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera, aho yagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo politiki y’u Rwanda, imibanire y’u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda.

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi, Perezida Kagame yavuze ko impande z’ibihugu byombi zagiye zihura zikaganira ariko ko ibibazo bikiriho.

U Rwanda rwakuze kugaragaza ko igihugu cya Uganda gikomeje kugirira nabi Abanyarwanda baba abakibamo cyangwa abakijyamo ndetse no gutera inkunga imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi bibazo byose byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira inama Abanyarwanda kutajya muri Uganda kuko bagerayo bakagirirwa nabi, ku buryo imipaka ihuza ibi bihugu ifunze.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Al Jazeera, yavuze ko igice kinini cy’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda gifunze nubwo hari abakomeje gusaba ko ifungurwa.

Ati “Ndetse ibyo buri muntu muri aka karere arabishaka, kuri twe, ikibazo ni icyatumye imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.”

Perezida Kagame aherutse kubwira Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA ko kubuza Abanyarwanda kujya muri Uganda ari “amaburakindi kuko hari benshi bafiteyo imiryango, abana, ababyeyi, ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.”

Muri kiriya kiganiro yagira na Al Jazeera, Perezida Kagame yavuze ko Leta ya Uganda ari yo ikunze gushinja Abanyarwanda kuba inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye muri kiriya Gihugu, ati “Nyamara Abanya-Uganda bo iyo baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura na byo muri Uganda.”

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo by’ibihugu byombi, byanatumye we na mugenzi Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamaze igihe batavugana.

Perezida Kagame avuga ko bari basanzwe bavugana ariko ko “hashize igihe bihagaze, hashize igihe, kuzageza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibyabaho hatabayeho impamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe.”

Leta ya Uganda yakunze gufata bamwe mu Banyarwanda ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bamwe bagakorerwa iyicarubozo hakaba hari n’abahasize ubuzima, abandi ikabarekura ihita ibirukana; no mu cyumweru gishize hari Abanyarwanda 43 birukanywe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Next Post

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.