Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yageze muri Angola aho agomba n’ubundi kuzahurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame mu cyumweru n’igice biri imbere. Hatangajwe ikijyanye Tshisekedi muri iki Gihugu.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola ahari kubera uruzinduko rwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, biteganyijwe ko hatangizwa ibikorwa remezo by’icyambu cya Labito gikora kuri zimwe muri Teritwari za DRC ndetse na Zambia.

Nk’uko byamejwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yageze i Lobito mu Ntara ya Benguela muri Angola, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024.

Ubwo yageragayo, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António unamaze igihe ayoboye ibiganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru atangazwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, avuga ko Perezida Félix Tshisekedi yitabira inama ihuriweho ya Leta Zunze Ubumwe za Ameeica na Angola, igomba no kwitabirwa n’abayobozi baturutse mu Bihugu nka DRC, Tanzania, Zambia, ndetse n’Ikigega Gishinzwe Imari muri Afurika AFC (Africa Finance Corporation).

Iyi nama kandi irasuzumirwamo ibikorwa by’iterambere n’ishoramari mu bikorwa remezo bihuza Inyanja ya Atlantic n’iy’u Buhindi, kugira ngo harebwe uburyo hakongerwa imbaraga mu byiciro by’uyu mushinga.

Biravugwa kandi ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agira n’umwanya wo guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, bagirane ibiganiro byihariye.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola habura iminsi 11 ngo yongere asubireyo agiye guhurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame, bigamije gukomeza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane n’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje aya makuru y’ibiganiro bizabera i Luanda muri Angola bizahuriramo Abakuru b’Ibihugu byombi ndetse n’uwa Angola, João Lourenço wahawe inshinga z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu rugendo rwo gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Tshisekedi yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Angola

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Next Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n'ibyo bakeneweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.