Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ko umutekano ugomba kuba nyambere muri Africa mu kugera ku cyerekezo cyayo

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ko umutekano ugomba kuba nyambere muri Africa mu kugera ku cyerekezo cyayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko gukomeza gushyira imbere umutekano muri Africa ari byo bizatuma uyu mugabane ugera ku ntego zawo zo guhuza imbaraga mu gukomeza kuzamura iterambere n’ubukungu byawo.

Yabivuze mu kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, mu nama ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bibumbiye muri COMESA.

Muri iyi nama yaniriwemo ibijyanye n’bibazo byihutirwa bikibangamiye ubukungu ndetse n’uko icyorezo cya COVID-19 ku Mugabane wa Africa, Perezida Kagame yagaragaje uburyo uyu mugabane ukwiye guhuza imbaraga mu gutorera umuti ibibazo bigihari.

Perezida Kagame yagaragaje ko kimwe mu bikwiye gushyirwamo imbaraga ari ukwifashisha ikoranabuhanga mu bijyanye n’ubukungu.

Perezida Kagame Paul uyu munsi muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

Yaboneyeho gutanga urugero ko u Rwanda ruri gushyira imbaraga mu kwifashisha ikoranabuhanga no kuzibira icyuho mu bumenyi bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu bakuru aho rwihaye intego ko icyo cyuho kizagabanuka kuri 60% muri 2024.

Yanavuze ko hakenewe gushyiraho imirongo migari mu bucuruzo bwo mu bihugu bigize COMESA ituma hashyirwaho imbuga zihendutse kandi zizewe mu kwishyura haba mu bigo by’ubucuruzi biciriritse n’ibito.

Perezida Kagame kandi yavuze ko Inama y’Ubucuruzi ya COMESA yatangiye aka kazi kandi ko ishyigikiwe.

Yanavuze ko ibigo by’ubucuruzi by’urubyiruko biri muri byinshi biri ku mugabane wa Africa “kandi ntidushobora kwemera ko bisigara inyuma.”

Perezida Kagama yagaragaje kandi ko Africa izagera ku ntego zayo zo guhuza imbaraga mu gihe “Tuzakomeza gushyira imbere umutekano mu bukungu n’iterambere by’umugabane wacu.”

Yasoje agira ati “U Rwanda twiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bacu bo muri COMESA mu kubyaza umusaruro mu buryo bwose bushoboka amahirwe ari mu bucuruzi n’umutungo by’umugabane wacu.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Next Post

Yishakiraga Hit cyangwa?…Uwambitse impeta Miss Mwiseneza agiye kurongora uwo bakundanye muri 2018

Related Posts

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yishakiraga Hit cyangwa?…Uwambitse impeta Miss Mwiseneza agiye kurongora uwo bakundanye muri 2018

Yishakiraga Hit cyangwa?...Uwambitse impeta Miss Mwiseneza agiye kurongora uwo bakundanye muri 2018

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.