Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Arabie Saudite cyatangajwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi ‘FIFA’ nk’ikizakira igikombe cy’Isi cya 2034, dore ko ari na cyo cyonyine cyari cyasabye kucyakira, ibintu byakiriwe neza n’abatuye iki Gihugu.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yabitangarije mu Nteko Rusange idasanzwe yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Iki Gihugu kizaba kibaye icya kabiri cyo mu Burasirazuba bwo hagati cyakiriye iri rushanwa, nyuma ya Qatar yakiriye irya 2022, ryegukanywe na Argentine ya rurangiranwa Lionel Messi.

Gusa mbere yuko iki gikombe cy’Isi cyongera kubera mu Burasirazuba bwo hagati, hazabanza icya 2026 kizabera muri Amerika ya ruguru no hagati, hakurikireho icya 2030 kizabera mu Burayi, Afurika na Amerika y’Epfo.

Irushanwa ry’igikombe cy’Isi cya 2026 rizabera muri Amerika ya ruguru no hagati mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, Canada na Méxique, nka bimwe mu Bihugu bigize impuzamashyirahamwe ya CONCACAF.

Ni mu gihe irya 2030 ryo rizabera mu Burayi, mu Bihugu nka Espagne na Portugal bizakira imikino itandukanye, indi mikino ibere ku Mugabane wa Afurika, mu Gihugu cya Maroc, mu gihe imikino ifungura iri rushanwa yo, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 irushanwa ry’igikombe cy’isi ritangiye, izaba yabereye muri Amerika y’Epfo, mu Bihugu nka Argentine, Uruguay na Paraguay.

Igihugu cya Arabie Saudite cyahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034 binyuze mu buryo buryo budasanzwe, aho abanyamuryango ba FIFA babwiwe gutora bashyigikiye cyangwa badashyigikiye ko igikombe cy’isi cya 2030 cyakwakirwa n’ibihugu bitandukanye (a multi-nation host for the 2030 World Cup) naho Arabie Saudite yo igahabwa irushanwa ry’igikombe cy’isi rizakurikiraho rya 2034, hakaba nta buryo bwari buhari bwo gutora ibihugu byakira, babitandukanyije, bivuze ko gutora ko ibihugu nka Espagne, Portugal, na Maroc byafatanya kwakira igikombe cy’isi cya 2030 byari ukwabyo (ku ruhande rumwe), mu gihe gutora ko Arabie Saudite ubwayo yakwakira igikombe cy’isi cya 2034 na byo byari ku rundi ruhande.

Mu bijyanye na Politiki, kuba Arabie Saudite yahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034, ntibyakiriwe neza hirya no hino ku isi, dore ko iki Gihugu kidafite isura nziza mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu nk’uko byemejwe na Steve Corbin wo mu muryango wa Amnesty International.

Ikindi ni uko Leta ya Arabie Saudite, binyuze ku Gikomangoma Prince Mohammed bin Salman, bashinjwa kuba barahitanye Umunyamakuru w’Umunya Arabie Saudite witwa Jamal Ahmad Khashoggi, witabye Imana mu kwezi k’Ukwakira 2018.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Rwamagana: Bavuze uko isoko ryagakwiye kubazanira amahirwe ryababereye nk’umuturanyi utababaniye neza

Next Post

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.