Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi macye, ibintu byifashe neza muri Rayon Sports aho abahoze mu buyobozi bw’iyi kipe bongeye kunga ubumwe, ubu haravugwa undi mwuka mubi wongeye gututumbamo, ushingiye ku mwenda wa Miliyoni 85 Frw wishyuzwa na Munyakazi Sadate wigeze kuyobora iyi kipe, mu gihe ubuyobozi bwayo buvuga ko uwo mwenda utabayeho.

Aya mafaranga arayishyuze kubera gutenguhwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ku masezerano bari bagiranye bukaza kumuca ruhinganyuma.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Munyakazi Sadate, yavuze ko aya mafaranga asaba kwishyurwa atandukanye n’inkunga yagiye aha Rayon Sports ahubwo yo yayatanze nk’ideni.

Yagize ati “Amasezerano nagiranye n’iyi kipe harimo gucuruza ibirango by’iyi kipe ndetse n’imyambaro, none isoko barihaye abandi bantu, abantu bakwiye kumenya gutandukanya umwenda ndetse n’inkunga, iyo umuntu akugurije mugirana amasezerano mukandikirana ndetse mukagaragaza n’icyo uwo muntu agiye gukoresha ayo mafaraga.”

Munyakazi Sadate akomeza avuga ko atari we wa mbere wishyuje Rayon, ariko ko niba itabona inyishyu, bakwiye kubimwerurira na we akaba yagira ibyemezo afata.

Ati “Niba badashoboye kunyishyura bazambwire turebe niba batabishoboye. Ntabwo ari ubwa mbere umuntu yaba asoneye undi, na Banki hari igihe ikwishyuza ikageraho ikagushyira muri ba bihemu.”

Umuyobozi w’Umuryango wa Rayon Sport, Twagirayezu Thaddée avuga ko nta mwenda iyi kipe ibereyemo Munyakazi Sadate.

Ati “Sadate niwe wagombaga kubona inyungu kuri ibyo bintu (Amasezerano) ari na we muyobozi wa Rayon Sports? ntabwo ari umuyobozi yigeze atwereka uburyo ayo masezerano yayashyize mu bikorwa na we, twamubwiye ko dukurikije ibyo yaduhaye kugira ngo tuganireho nta mpamvu yo gutakaza umwanya kuko nta kintu kirimo kirimo gituma tuganira.”

Umuyobozi w’icyubahiro wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na we yungamo avuga ko n’ayo masezerano avugwa na Sadate atazwi muri Rayon Sports.

Ati “Ayo masezerano Sadate avuga yabereka uwo bayasinyanye, uwakiriye amafaranga ndetse n’igihe yayakiriye. Rayon ifite imyenda ndetse na bo iyifitiye baranditse bari kugenda bishyurwa, mu bo ifitiye ideni, Munyakazi Sadate ntabwo arimo.”

Munyakazi Sadate, mu ibaruwa yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports yishyuza miliyoni 85 Frw yagiye ayiguriza mu bihe bitandukanye ndetse n’ibitarubahirijwe mu masezerano kompanyi ze ebyiri MK Sky Vision LTD na Brothers Marketing Group Ltd zagiranye n’iyi kipe.

Munyakazi Sadate arishyuza Miliyoni 85Frw
Perezida wa Rayon avuga ko uwo mwenda utabayeho
Paul Muvunyi na we yabiteye utwatsi

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

Next Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Related Posts

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu Pavelh Ndzila w’ikipe ya Rayon Sports yagiyemo avuye muri APR FC na yo yinjiyemo ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya...

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars...

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.