Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi macye, ibintu byifashe neza muri Rayon Sports aho abahoze mu buyobozi bw’iyi kipe bongeye kunga ubumwe, ubu haravugwa undi mwuka mubi wongeye gututumbamo, ushingiye ku mwenda wa Miliyoni 85 Frw wishyuzwa na Munyakazi Sadate wigeze kuyobora iyi kipe, mu gihe ubuyobozi bwayo buvuga ko uwo mwenda utabayeho.

Aya mafaranga arayishyuze kubera gutenguhwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ku masezerano bari bagiranye bukaza kumuca ruhinganyuma.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Munyakazi Sadate, yavuze ko aya mafaranga asaba kwishyurwa atandukanye n’inkunga yagiye aha Rayon Sports ahubwo yo yayatanze nk’ideni.

Yagize ati “Amasezerano nagiranye n’iyi kipe harimo gucuruza ibirango by’iyi kipe ndetse n’imyambaro, none isoko barihaye abandi bantu, abantu bakwiye kumenya gutandukanya umwenda ndetse n’inkunga, iyo umuntu akugurije mugirana amasezerano mukandikirana ndetse mukagaragaza n’icyo uwo muntu agiye gukoresha ayo mafaraga.”

Munyakazi Sadate akomeza avuga ko atari we wa mbere wishyuje Rayon, ariko ko niba itabona inyishyu, bakwiye kubimwerurira na we akaba yagira ibyemezo afata.

Ati “Niba badashoboye kunyishyura bazambwire turebe niba batabishoboye. Ntabwo ari ubwa mbere umuntu yaba asoneye undi, na Banki hari igihe ikwishyuza ikageraho ikagushyira muri ba bihemu.”

Umuyobozi w’Umuryango wa Rayon Sport, Twagirayezu Thaddée avuga ko nta mwenda iyi kipe ibereyemo Munyakazi Sadate.

Ati “Sadate niwe wagombaga kubona inyungu kuri ibyo bintu (Amasezerano) ari na we muyobozi wa Rayon Sports? ntabwo ari umuyobozi yigeze atwereka uburyo ayo masezerano yayashyize mu bikorwa na we, twamubwiye ko dukurikije ibyo yaduhaye kugira ngo tuganireho nta mpamvu yo gutakaza umwanya kuko nta kintu kirimo kirimo gituma tuganira.”

Umuyobozi w’icyubahiro wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na we yungamo avuga ko n’ayo masezerano avugwa na Sadate atazwi muri Rayon Sports.

Ati “Ayo masezerano Sadate avuga yabereka uwo bayasinyanye, uwakiriye amafaranga ndetse n’igihe yayakiriye. Rayon ifite imyenda ndetse na bo iyifitiye baranditse bari kugenda bishyurwa, mu bo ifitiye ideni, Munyakazi Sadate ntabwo arimo.”

Munyakazi Sadate, mu ibaruwa yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports yishyuza miliyoni 85 Frw yagiye ayiguriza mu bihe bitandukanye ndetse n’ibitarubahirijwe mu masezerano kompanyi ze ebyiri MK Sky Vision LTD na Brothers Marketing Group Ltd zagiranye n’iyi kipe.

Munyakazi Sadate arishyuza Miliyoni 85Frw
Perezida wa Rayon avuga ko uwo mwenda utabayeho
Paul Muvunyi na we yabiteye utwatsi

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 12 =

Previous Post

RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

Next Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.