Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in AMAHANGA
0
Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Beni mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, huzuye ibitaro bya gisirikare byitiriwe Général Chico Tshitambwe wigeze gushingwa ibikorwa byo guhangana na M23, byitezweho kuzavura inkomere z’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) zikomeje kwiyongera.

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gisirikare, Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko “Ibi Bitaro bya Chico byubatswe kugira ngo bisubize ikibazo cy’ubuvuzi bw’inkomere z’abasirikare.”

Yavuze ko ibi Bitaro bizajya bivura inkomere za Gisirikare zizajya zikomerekera mu bice bitandukanye muri Teritwari za Beni na Lubero, mu burasirazuba bwa DRC, ahamaze iminsi hari imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Yagize ati “Ukurikije inkomere za gisirikare zikomeje kugaragara ku rugamba, ibi Bitaro bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 65 bacumbikiwe mu gihe cy’amahoro. Mu bihe by’intambara, ibi Bitaro bishobora kwakira indembe zigera kuri 80.”

Yavuze ko ibi bitaro kandi bizajya bikorerwamo ubuvuzi bwo kubaga no kudoda inkomere, ndetse ko ari na byo byatumye byubakwa, kuko babonye bikenewe cyane.

Capt Léonard Kabelengenze yakomeje agira ati “Bifite umwihariko wo kubaga, ariko ntibibuza no kuba byakwakira izindi ndembe.”

Ibi bitaro kandi bizajya bivurira ku buntu ababigana yaba ari abasirikare kimwe n’abasivile bo muri aka gace biherereyemo bazajya bajya kubyivurizamo.

Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko ibi Bitaro birimo ibice bibiri, birimo ikizajya cyakira indembe zihutirwa, ndetse n’igice kizajya gitangirwa serivisi zo kureba ibibazo biri mu mubiri imbere (échographie) na serivisi zo kuvura amenyo.

Ibi Bitaro bizajya bivura inkomere
Capt Léonard Kabelengenze uyobora ibi Bitaro

Photos/Radio Okapi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Next Post

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze
Uncategorized

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.