Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mirenge ya Kagano, Cyato na Rangiro bambuka umugezi wa Kamiranzovu bagana mu isoko rya Rwesero no ku biro by’Akarere ka Nyamasheke, bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga kubera ikiraro bambuka kigizwe n’ibiti bibiri na byo bidashinga, ndetse hakaba hari abamaze kuhaburira ubuzima, barimo umusore witeguraga kurushinga, nyamara bakaba bamaze imyaka ibiri batswe amafaranga yo kugikora.

Aba baturage bavuga ko imyaka ibiri ishize bambukira kuri iki kiraro kigizwe n’ibiti bibiri birimo kimwe cyarangiritse ku buryo hakoreshwa igiti kimwe n’akandi gato bafataho ku ruhande.

Mukareta Bernadette wabuze uwe kubera iki kiraro ati “Uyu mugezi wa Kamiranzovu wantwaye umusore da. Yari yarasabye. Twari kumwe tuhageze afata kuri kariya gati karakuduka yituramo turamushaka turamubura aza kuboneka ku Kivu.”

Uwingabiye Damarce na we agira ati “Hateye impungenge cyane kuko abantu bajya bagwamo. Bagwamo tukabashyingura kubera ko ari igiti kimwe gusa tugendaho.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko bamaze imyaka ibiri basabwe amafaranga n’ubuyobozi aho buri rugo rwatanze igihumbi (1 000 Frw) kugira ngo hashyirwe ho ibindi biti ariko kugeza ubu aya mafaranga akaba akibitswe n’Umuyobozi w’Umudugudu.

Ntakirutimana Oscar ati “Mu mudugudu twateranyije amafaranga buri rugo igihumbi igihumbi. Umwaka ushize mudugudu ari we uyabitse, kandi koko kuba ayabitse hagwamo abantu ni ikibazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas uvuga ko nta makuru afite y’uko hari abantu baburira ubuzima kuri iki kiraro, avuga ko hateganywa gushyirwa icyo mu kirere.

Ati “Cyari cyatanzweho ibitekerezo n’abaturage muri bya byifuzo bishingirwaho igenamigambi ndetse abantu bo muri one stop center baje kureba uburyo hazashyirwa icyo mu kirere.”

Uyu Muyobozi avuga ko bari bagiriye inama abaturage, ko bagomba guharika kunyura kuri iki kiraro, basabwa kujya banyura indi nzira, ariko bo bakavuga ko ari iya kure.

Ni ukuhanyura bambaza Imana
Abageze mu zabukuru na bo barahanyura ariko ubwoba buba ari bwose

N’abajya gushakisha imibereho

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi

Next Post

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.