Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byaba ari icyasha kwemerera Koffi gutaramira mu Rwanda- Barasaba ko igitaramo cya K.Olomide gihagarikwa

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
Byaba ari icyasha kwemerera Koffi gutaramira mu Rwanda- Barasaba ko igitaramo cya K.Olomide gihagarikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baharanira uburenganzira bw’abari n’abategarugori mu Rwanda, barasaba ko Leta ihagarika igitaramo cy’umuhanzi w’Ikirangirire Koffi Olomide kubera ibyo avugwaho byo guhohotera ababyinnyikazi be, bakavuga ko kwemerera uyu muririmbyi gutaramira mu Rwanda byaba ari icyasha ku gihugu kizwiho kwimakaza uburenganzira bw’abari n’abategarugori.

Juliette Karitanyi uzwi cyane ku mbuga nkoranyamabaga aharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abagore, yashyize ubutumwa kuri Twitter, agaragaza zimwe mu nkuru zanditswe kuri Koffi Olomide ku byaha akurikiranyweho by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Karitanyi yagize ati “None muzanye Koffi Olomide turi mu minsi 16 y’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina? Kuki Skol yatera inkunga igitaramo nk’iki mu gihe muzi neza ko uyu mugabo yahamijwe ibyaha byo guhohotera no gushimuta ababyinnyi be bane?”

Juliette Karitanyi, yaboneyeho kwibutsa ko Koffi Olomide ari “Umuntu uzwi mu guhonyora uburenganzira bw’abagore. Muri 2016 yarahagaritswe muri Kenya nyu yo guhohotera umwe mu babyinnyi ku kibuga cy’Indege i Nairobi. Nta mpamvu uyu muntu yaza gutaramira i Kigali, byaba ari igisebo.”

Ubutumwa bwa Juliette Karitanyi, busoza bugira buti “Kwemerera ko uyu muntu aza gutaramira i Kigali, twaba turi gutesha agaciro abo yahohoteye…muhagarike iki gitaramo.”

Tariki 25 z’ukwezi gushize k’Ukwakira, Ubushinjacyaha buburana na Koffi Olomide w’imyaka 65 rukiko rw’ubujurire rwa Versailles i Paris, bwamusabiye gufungwa imyaka umunani.

Koffi Olomide wakunze kuvugwaho ibikorwa byo guhohotera ababyinnyikazi be, akurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina no gufatira abantu aregwa n’abagore bane bahoze ari ababyinyi be ubwo bakoranaga na we mu bitaramo mu Bufaransa.

Igitaramo cya Koffi Olomide giteganyijwe kubera muri Kigali Arena tariki 04 Ukuboza 2021 cyateguwe na Intore Entertainment yatewemo inkunga n’uruganda rwa Skol.

Koffi Olomide avugwaho guhohotera bamwe mu babyinnyikazi be

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 15 =

Previous Post

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Next Post

Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n’abafana

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n’abafana

Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n'abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.