Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ifashe abantu batandatu bari mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakoreraga mu Murenge wa Kayenzi mu Karere ka Kamonyi, bibukijwe ko abishoye muri ibi bikorwa bahagurukiwe.

Aba bantu batandatu bafatiwe mu birombe bibiri byo muri uyu Murenge wa Kayenzi, barimo abasore batatu babanje gufatirwa mu Kagari ka Kirwa aho bariho bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan.

Nyuma haje gufatwa abandi batatu bo basanzwe mu gishanga giherereye mu Kagari ka Cuba na ho muri uyu Murenge wa Kayenzi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo; SP Emmanuel Habiyaremye yavuze ko gufata aba bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Habanje gufatwa abasore batatu (3) bari barimo gucukura amabuye yo mu bwoko bwa Coltan mu kirombe giherereye mu Kagari ka Kirwa ko mu Murenge wa Kayenzi ahagana saa tatu n’igice za mu gitondo nyuma yo kubasangana ibilo bitanu (5) by’amabuye avanze n’umucanga bari bamaze gucukura n’ibikoresho gakondo bifashishaga birimo n’umuhoro.”

Akomeza agira ati “Nyuma yaho hafi saa sita z’amanywa, abandi batatu bafatiwe mu gishanga giherereye mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Cubi na ko ko mu Murenge wa Kayenzi ariho barimo gucukura bafite ibitiyo bitatu n’ipiki bakoreshaga muri ubwo bucukuzi.”

SP Habiyaremye yibukije abakomeje kwishora mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe rimwe na rimwe bikurura n’ubugizi bwa nabi ko bahagurukiwe bityo bakazakomeza gufatwa ku bufatanye n’abaturage n’izindi nzego.

Aba bantu uko ari batandatu bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kayenzi kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Hatahuwe ibyo Trump na Obama bashobora kuba baganiriye mu kiganiro cyatunguye benshi

Next Post

Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.