Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe bisabwa ko Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol uherutse gufatirwa icyemezo cyo kweguzwa yatabwa muri yombi, ubu yamaze gufatwa, akaba abaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu utawe muri yombi.

Yoon Suk Yeol w’imyaka 64 y’amavuko, akurikiranyweho ibyaha byo kwigomeka kubera igerageza ry’igihe gito ryo gushyira iki Gihugu cya Korea y’Epfo mu itegeko ry’intambara byabaye tariki 03 Ukuboza umwaka ushize wa 2024, byashyize iki Gihugu mu kangaratete.

Abaye Perezida wa Mbere muri iki Gihugu utawe muri yombi, aho inzego zishinzwe iperereza zinjiye iwe zibanje guca ibyuma byari bizitiye urugo rwe.

Yoon Suk Yeol aherutse kandi kweguzwa n’Inteko Ishinga Amategeko, ariko akaba azakomeza gufatwa nk’Umukuru w’Igihugu kugeza igihe Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ruzafatira icyemezo ku kumweguza.

Gutabwa muri yombi kwe kwabaye kuri uyu wa Gatatu, kwitezweho guhagarika urunturuntu rwari rumaze igihe hagati y’Urwego rushinzwe iperereza ku byaha bya ruswa (CIO) ndetse n’urwego rushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Uku gutabwa muri yombi kwe kandi, kubayeho nyuma yuko CIO yari yabigerageje tariki 03 Mutarama 2025 ariko bikananira, aho yamaze amasaha atandatu ari kumwe n’abashinzwe kumurinda.

Mbere yuko atabwa muri yombi kuri uyu wa gatatu, itsinda ry’abakozi bashinzwe iperereza babarirwa mu 1 000 ryageze iwe, rifite intwaro ryanabanje guca inzira yo kumugeraho ribanje kugira ibyo risenya. Nyuma y’amasaha aba bahageze, inzego z’ubuyobozi zatangaje ko Yoon yatawe muri yombi.

Amashusho y’iminota itatu yagiye hanze mbere yuko afashwa, Yoon yavuze ko yiteguye gukorana n’abakozi bashinzwe iperereza, ariko anavuga ko impapuro zo kumuta muri yombi zinyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko yiboneye uko inzego z’umutekano zateye urugo rwe, zaje zitwaje ibikoresho byo kuzimya umuriro n’izindi ntwaro.

Yagize ati “Niteguye kugezwa imbere ya CIO, nubwo ari iperereza rinyuranyije n’amategeko, mu rwego rwo gukumira ko habaho imeneka ry’amaraso ritari ngombwa.”
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu [mu masaha yo muri Korea ya Ruguru], abashinzwe iperereza batangaje ko Perezida Yoon yakomeje kwanga kugira icyo atangaza ubwo yari mu ibazwa.

Abanyamategeko ba Yoon bavuga ko guta muri yombi uyu munyapolitiki binyuranyije n’amategeko kuko uru rwego rwa CIO rushinzwe kurwanya ruswa, rudafite ububasha bwo kugenza ibyaha byo kwigomeka bishinjwa Yoon.

Ubwo abashinzwe iperereza bajyaga guta muri yombi Perezida wa Korea y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.