Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare
Share on FacebookShare on Twitter

Dj Theo uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda byumwihariko muri muzika Nyarwanda, wafashije bamwe mu bahanzi barimo n’abafite amazina akomeye, yitabye Imana azize uburwayi.

Inkuru y’urupfu rwa Dj Theo, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, ubwo bamwe mu basanzwe baziranye na nyakwigendera banasanzwe bakora umwuga umwe, bagaragazaga agahinda batewe n’uyu mugenzi wabo witabye Imana.

Nyakwigendera Dj Theo, yaguye mu Bitaro bya Masaka nyuma y’amasaha macye abigejemwemo avanywe mu Bitaro byo kwa Kanimba.

Zimwe mu nshuti za Dj Theo, zivuga ko yari yajyanywe muri ibi Bitaro bya Leta, nyuma y’igihe arembye aho yajyanywe muri ibi Bitaro kugira ngo hakomeze kuboneka ubushobozi bwo kumwitaho, kuko Ibitaro byo kwa Kanimba yari amazemo igihe, byasabaga amafaranga menshi, bigatuma hafatwa icyemezo cyo kumujyana mu Bitaro bya Leta.

Izi nshuti ze zivuga kandi ko yajyanywe mu Bitaro bya Masaka, abasha no kuvuga, ariko hashize igihe gito ahageze, yaje kuremba, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, akaba yaje kwitaba Imana.

Nyakwigendera yari asanzwe akorana na Label y’Umuhanzi Rideman izwi nk’Ibisumizi, akaba yanamufashaga cyane mu bikorwa bye bya muzika, mu bitaramo byinshi yakundaga gukora.

Bamwe mu nshuti ze kandi, bavuga ko nyakwigendera yitabye Imana, hari gukorwa igikorwa cy’abandi ba-Dj bagenzi be cyo gukusanya amafaranga yo kujya kumufasha no kumusura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Next Post

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Related Posts

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.