Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare
Share on FacebookShare on Twitter

Dj Theo uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda byumwihariko muri muzika Nyarwanda, wafashije bamwe mu bahanzi barimo n’abafite amazina akomeye, yitabye Imana azize uburwayi.

Inkuru y’urupfu rwa Dj Theo, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, ubwo bamwe mu basanzwe baziranye na nyakwigendera banasanzwe bakora umwuga umwe, bagaragazaga agahinda batewe n’uyu mugenzi wabo witabye Imana.

Nyakwigendera Dj Theo, yaguye mu Bitaro bya Masaka nyuma y’amasaha macye abigejemwemo avanywe mu Bitaro byo kwa Kanimba.

Zimwe mu nshuti za Dj Theo, zivuga ko yari yajyanywe muri ibi Bitaro bya Leta, nyuma y’igihe arembye aho yajyanywe muri ibi Bitaro kugira ngo hakomeze kuboneka ubushobozi bwo kumwitaho, kuko Ibitaro byo kwa Kanimba yari amazemo igihe, byasabaga amafaranga menshi, bigatuma hafatwa icyemezo cyo kumujyana mu Bitaro bya Leta.

Izi nshuti ze zivuga kandi ko yajyanywe mu Bitaro bya Masaka, abasha no kuvuga, ariko hashize igihe gito ahageze, yaje kuremba, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, akaba yaje kwitaba Imana.

Nyakwigendera yari asanzwe akorana na Label y’Umuhanzi Rideman izwi nk’Ibisumizi, akaba yanamufashaga cyane mu bikorwa bye bya muzika, mu bitaramo byinshi yakundaga gukora.

Bamwe mu nshuti ze kandi, bavuga ko nyakwigendera yitabye Imana, hari gukorwa igikorwa cy’abandi ba-Dj bagenzi be cyo gukusanya amafaranga yo kujya kumufasha no kumusura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Next Post

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda
AMAHANGA

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

14/07/2025
Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.