Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Umwe muri aba bacancuro yabanje guhabwa ubutumwa bubakwiye n'abarwanyi ba M23 ubwo bari bakiri i Goma

Share on FacebookShare on Twitter

Umwanzuro wa 44/34 w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye wo mu kwezi k’Ukuboza 1989 wabaye itegeko mpuzamahanga mu kwezi k’Ukwakira 2001, watangaje ko ibikorwa by’abacancuro binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga. Muri iyi minsi imvururu n’imidugararo bikurikirwa kandi bigatangazwa n’ibitangazamkuru ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga ikabitangaho ibitekerezo, ariko inkuru y’Abacancuro bamanitse amaboko i Goma yabaye nk’itarabaye kuri aya mahanga, mu gihe yari ikomeye.

Yewe n’ibitangazamakuru by’i Burayi byararuciye birarumira kuri iyi nkuru y’abacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda ubwo basubizwaga iwabo nyuma yo kumanika amaboko mu rugamba bafashamo FARDC.

Kuki baryumyeho?

Ibitangazamakuru by’Abanyaburayi, bikunze gukurikirana byacitse, byumwihariko inkuru zivuga ku bacancuro b’Abarusiya, ziba zishyushye kuri byo, ariko kuri iyi nkuru y’Abacancuro b’Abanyaburayi, baratunguranye barinumira.

Gutangaza inkuru z’aba bacancuro, ni kimwe mu byari gushyira hanze uruhare rw’uburyo u Burayi bwivanga ndetse bunagira uruhare mu bibazo by’umutekano muri Afurika.

N’iyo hari ikigo cyangwa itsinda rya gisirikare byo mu Burengerazuba bw’Isi, ryumvikanyeho icyasha, hakoreshwa uburyo bwose bicecekwa ndetse bigafatwa nk’ibitabayeho. Urugero rwa hafi ni ibi byabereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ariko iyo biza kuba ari nk’abacancuro b’itsinda ry’indwanyi ry’Abarusiya rya Wagner cyangwa irindi ritari iry’i Burayi, ubu ntayindi nkuru yari kuba ivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga byumwihariko iby’i Burayi, ariko kuko aba bacancuro bakabakaba 300 bamanikiye amaboko i Goma ari Abanyaburayi, byafashwe nk’ibitabaye.

Indi mpamvu, ifitanye isano n’inyungu Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bifite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirimo iz’amabuye y’agaciro. Erega ahari ifaranga hose, ubuzima bw’abantu n’uburenganzira bwabo, biba ubusa.

Yego turabyumva Leta Zunze Ubumwe za America, wenda bahugiye mu mihini mishya y’ubuyobozi bushya buvuga ko bushaka kongera kugarura ubuhangange bw’iki Gihugu, wenda ntibushishikajwe n’ibiri kubera muri Afurika.

Bakigera mu Rwanda babanje gusakwa kugira ngo batagira ibyo basigarana byahungabanya Abanyarwanda

Aya mashusho twabonye ya Polisi z’Igihugu yo Gihugu cyo muri Afurika yambura intwaro inasaka ahantu hose abarwanyi b’abera, ntiyakwihanganirwa n’abaturage b’Abanyaburayi bagendera ku mahame ya cyera yo kumva ko ari indakorwaho, umwirabura adashobora kugaraguza agati Umunyaburayi. Ariko burya ngo agaciro ni umuntu ukihesha, iyo akiyambuye agomba guhagarara Isi ikamwota.

Kuba hari abacancuro b’Abanyaburayi baza kwivanga mu makimbirane yo mu karere, bishimgangira imigambi mibisha ya za nyungu zishingiye ku bukungu. Igitangazamakuru cy’i Burayi kiramutse gitangaje inkuru z’abacancuro bo mu Burengerazuba bw’Isi, bishobora kuzamura ibibazo byinshi hibazwa ku nyungu bafite muri ibyo bibazo no kubiba inyuma. Kutabitangazaho, bituma hakomeza kuboneka icyuho cyo guhakana ibiba bibavugwaho.

Iyo Ibihugu by’u Burayi biza kuba koko bigendera ku ndangagaciro bikunze kuvuga no kwigisga abandi, byagakwiye kuba byaratoboye bikavuga iby’aba bacancuro bari muri Kivu. Rubanda bakeneye kumenya amakuru arambuye kuri aba barwanyi, uwabahaye akazi ndetse n’ubutumwa bari bafite. Kutabavugaho rero byashimangiye wa murongo wo kubogama kwabo bakunze gushinjwa. Abaturage bo mu karere k’Ibiyaga bigari, bamaze ibinyacumi byinshi bari mu bibazo by’amakimbirane, kandi byinshi muri byo haba hari imbaraga zituruka hanze zibifitemo akaboko. Dukeneye igisubizo cy’ibi bibazo: Kuki baruciye bakarumira kuri iyi nkuru? N’ibihe bindi bikomeje guhishirwa? Ese aba bacancuro b’Abanya-Romania bazatabwa muri yombi igihe bazaba bageze i Burayi? Reka tubihange amaso.

Bageze mu Rwanda babanza gusakwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.