Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Umwe muri aba bacancuro yabanje guhabwa ubutumwa bubakwiye n'abarwanyi ba M23 ubwo bari bakiri i Goma

Share on FacebookShare on Twitter

Umwanzuro wa 44/34 w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye wo mu kwezi k’Ukuboza 1989 wabaye itegeko mpuzamahanga mu kwezi k’Ukwakira 2001, watangaje ko ibikorwa by’abacancuro binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga. Muri iyi minsi imvururu n’imidugararo bikurikirwa kandi bigatangazwa n’ibitangazamkuru ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga ikabitangaho ibitekerezo, ariko inkuru y’Abacancuro bamanitse amaboko i Goma yabaye nk’itarabaye kuri aya mahanga, mu gihe yari ikomeye.

Yewe n’ibitangazamakuru by’i Burayi byararuciye birarumira kuri iyi nkuru y’abacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda ubwo basubizwaga iwabo nyuma yo kumanika amaboko mu rugamba bafashamo FARDC.

Kuki baryumyeho?

Ibitangazamakuru by’Abanyaburayi, bikunze gukurikirana byacitse, byumwihariko inkuru zivuga ku bacancuro b’Abarusiya, ziba zishyushye kuri byo, ariko kuri iyi nkuru y’Abacancuro b’Abanyaburayi, baratunguranye barinumira.

Gutangaza inkuru z’aba bacancuro, ni kimwe mu byari gushyira hanze uruhare rw’uburyo u Burayi bwivanga ndetse bunagira uruhare mu bibazo by’umutekano muri Afurika.

N’iyo hari ikigo cyangwa itsinda rya gisirikare byo mu Burengerazuba bw’Isi, ryumvikanyeho icyasha, hakoreshwa uburyo bwose bicecekwa ndetse bigafatwa nk’ibitabayeho. Urugero rwa hafi ni ibi byabereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ariko iyo biza kuba ari nk’abacancuro b’itsinda ry’indwanyi ry’Abarusiya rya Wagner cyangwa irindi ritari iry’i Burayi, ubu ntayindi nkuru yari kuba ivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga byumwihariko iby’i Burayi, ariko kuko aba bacancuro bakabakaba 300 bamanikiye amaboko i Goma ari Abanyaburayi, byafashwe nk’ibitabaye.

Indi mpamvu, ifitanye isano n’inyungu Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bifite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirimo iz’amabuye y’agaciro. Erega ahari ifaranga hose, ubuzima bw’abantu n’uburenganzira bwabo, biba ubusa.

Yego turabyumva Leta Zunze Ubumwe za America, wenda bahugiye mu mihini mishya y’ubuyobozi bushya buvuga ko bushaka kongera kugarura ubuhangange bw’iki Gihugu, wenda ntibushishikajwe n’ibiri kubera muri Afurika.

Bakigera mu Rwanda babanje gusakwa kugira ngo batagira ibyo basigarana byahungabanya Abanyarwanda

Aya mashusho twabonye ya Polisi z’Igihugu yo Gihugu cyo muri Afurika yambura intwaro inasaka ahantu hose abarwanyi b’abera, ntiyakwihanganirwa n’abaturage b’Abanyaburayi bagendera ku mahame ya cyera yo kumva ko ari indakorwaho, umwirabura adashobora kugaraguza agati Umunyaburayi. Ariko burya ngo agaciro ni umuntu ukihesha, iyo akiyambuye agomba guhagarara Isi ikamwota.

Kuba hari abacancuro b’Abanyaburayi baza kwivanga mu makimbirane yo mu karere, bishimgangira imigambi mibisha ya za nyungu zishingiye ku bukungu. Igitangazamakuru cy’i Burayi kiramutse gitangaje inkuru z’abacancuro bo mu Burengerazuba bw’Isi, bishobora kuzamura ibibazo byinshi hibazwa ku nyungu bafite muri ibyo bibazo no kubiba inyuma. Kutabitangazaho, bituma hakomeza kuboneka icyuho cyo guhakana ibiba bibavugwaho.

Iyo Ibihugu by’u Burayi biza kuba koko bigendera ku ndangagaciro bikunze kuvuga no kwigisga abandi, byagakwiye kuba byaratoboye bikavuga iby’aba bacancuro bari muri Kivu. Rubanda bakeneye kumenya amakuru arambuye kuri aba barwanyi, uwabahaye akazi ndetse n’ubutumwa bari bafite. Kutabavugaho rero byashimangiye wa murongo wo kubogama kwabo bakunze gushinjwa. Abaturage bo mu karere k’Ibiyaga bigari, bamaze ibinyacumi byinshi bari mu bibazo by’amakimbirane, kandi byinshi muri byo haba hari imbaraga zituruka hanze zibifitemo akaboko. Dukeneye igisubizo cy’ibi bibazo: Kuki baruciye bakarumira kuri iyi nkuru? N’ibihe bindi bikomeje guhishirwa? Ese aba bacancuro b’Abanya-Romania bazatabwa muri yombi igihe bazaba bageze i Burayi? Reka tubihange amaso.

Bageze mu Rwanda babanza gusakwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Umusore uregwa gusambanya abana batandatu biganjemo abahungu yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.