Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri batatu bigaga mu kigo cy’Ishuri cy’imyuga cya Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers (CEPEM) bari bagiye mu mupira uhuza ibigo, bibese bagenzi babo bajya koga mu kiyaga cya Burera mu Karere ka Burera, bararohama bahasiga ubuzima.

Aba banyeshuri basize ubuzima muri iki Kiyaga cya Burera ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 ubwo bajyanaga na bagenzi babo babiri koga muri iki kiyaga ariko bo bakaza kuhasiga ubuzima.

Bagiye koga muri iki Kiyaga cya Burera ubwo abanyeshuri bajyaga mu mikino ihuza ibigo by’amashuri bo bakaza kwibeta bakajya koga.

Aba banyeshuri bari kumwe na bagenzi babo bose hamwe bagera kuri 30 ubwo bari bagiye ku kibuga cy’umupira giherereye mu Mudugudu wa Sunzu mu Kagari ka Nkenke, Umurenge wa Kinoni muri Burera.

Abasize ubuzima muri iyi mpanuka ni Nizeyimana Olivier w’imyaka 18 wigaga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’Ubwubatsi (Construction) ndetse na bagenzi be b’abakobwa ari bo Iradukunda Alice w’imyaka 21 na we wigaga Ubwubatsi na Uwase Charlotte w’imyaka 19 we wigaga mu mwaka wa 5 mu bukerarugendo (Tourism).

Umuyobozi w’iki Kigo cya Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers (CEPEM), Havugimana Roger wari wajyanye na bariya banyeshuri abageza aho bagombaga gukinira asubira mu kigo ndetse n’Umukozi ushinzwe Abanyeshuri (Animateur) witwa Uwimana Jean Claude bombi batawe muri yombi.

Amakuru kandi avuga ko umwarimu wa bariya banyeshuri witwa Hitayezu Oscar na we bari kumwe we yaburiwe irengero.

Imirambo ya ba nyakwigendera yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rugarama, ubundi iza kujyanwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri kugira ngo hakorwe isuzuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + twelve =

Previous Post

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Next Post

Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.