• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri batatu bigaga mu kigo cy’Ishuri cy’imyuga cya Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers (CEPEM) bari bagiye mu mupira uhuza ibigo, bibese bagenzi babo bajya koga mu kiyaga cya Burera mu Karere ka Burera, bararohama bahasiga ubuzima.

Aba banyeshuri basize ubuzima muri iki Kiyaga cya Burera ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 ubwo bajyanaga na bagenzi babo babiri koga muri iki kiyaga ariko bo bakaza kuhasiga ubuzima.

Bagiye koga muri iki Kiyaga cya Burera ubwo abanyeshuri bajyaga mu mikino ihuza ibigo by’amashuri bo bakaza kwibeta bakajya koga.

Aba banyeshuri bari kumwe na bagenzi babo bose hamwe bagera kuri 30 ubwo bari bagiye ku kibuga cy’umupira giherereye mu Mudugudu wa Sunzu mu Kagari ka Nkenke, Umurenge wa Kinoni muri Burera.

Abasize ubuzima muri iyi mpanuka ni Nizeyimana Olivier w’imyaka 18 wigaga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’Ubwubatsi (Construction) ndetse na bagenzi be b’abakobwa ari bo Iradukunda Alice w’imyaka 21 na we wigaga Ubwubatsi na Uwase Charlotte w’imyaka 19 we wigaga mu mwaka wa 5 mu bukerarugendo (Tourism).

Umuyobozi w’iki Kigo cya Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers (CEPEM), Havugimana Roger wari wajyanye na bariya banyeshuri abageza aho bagombaga gukinira asubira mu kigo ndetse n’Umukozi ushinzwe Abanyeshuri (Animateur) witwa Uwimana Jean Claude bombi batawe muri yombi.

Amakuru kandi avuga ko umwarimu wa bariya banyeshuri witwa Hitayezu Oscar na we bari kumwe we yaburiwe irengero.

Imirambo ya ba nyakwigendera yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rugarama, ubundi iza kujyanwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri kugira ngo hakorwe isuzuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 1 =

Previous Post

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Next Post

Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.