Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, barikoma abakomeje kubazamura mu majwi ko ari bo bakora ubujura bw’abakoresha imbwa ziryana bagatega abaturage bakabambura ibyabo.

Ni nyuma yuko hari abaturage bagiye bamburirwa ahantu hatandukanye n’iryo tsinda ryitwaje imbwa, ndetse bikaza gukomozwaho mu nteko y’abaturage mu Murenge wa Giheke ari ho byavugiwe ko bikekwa ko bikorwa n’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo muri Gihundwe.

Ni mu gihe abo muri iki cyiciro bo bavuga ko bababajwe no gushyirwaho icyo cyasha, bakavuga ko ubu bujura bwaba bukorwa n’abandi bantu, dore ko bo batagitunga imbwa.

Simparikubwabo Augustin ati “Bariba nyine bikitirirwa twebwe, abo bahungu b’i Munyove bategera abantu i Nyampanga ubwo bakavuga ko ari twe.”

Bavuga ko bakimara kumva amakuru mu bitangazamakru ko ari bo bakora ibyo bikorwa, bihutiye kujya kwishinganisha mu buyobozi bw’Akagari no muri RIB, ndetse banavuga bamwe mu bo bakeka ko bakora ubwo bujura.

Nyirangomituje Jeannette ati “Mu makuru mu gitondo bavuze ko ari abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu Gatsiro. Twe byanatubabaje tujya ku Kagari no kuri RIB kubivuga.”

Bakomeza bavuga ko imbwa bahoranye zishwe ku buryo ntaho bahuriye n’ubwo bujura, ndetse ko ababikoraga bose bafashwe bakajyanwa mu kigo ngororamuco.

Nyirangomituje ati “Abapolisi barazishe zose nta mbwa ikiba hano, baravuze ngo tuzishyire hariya bazice ni zo ngo zateraga uburara, ubu nta n’ikibwana kiri hano. None ni gute bahindukira bakavuga ko izo mbwa zituruka hano?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye avuga ko ubu bujura buzwi ndetse ko hari ikigiye gukorwa.

Ati “Umwanzuro twafashe tubigiriweho inama na Polisi, ni ukubanza tukegeranya amakuru tukamenya amazina y’ababikora, ubundi tugutegura umukwabu uhuriweho n’Imirenge itatu.”

Mu bihe bitandukanye muri uyu Mudugudu hakunze kuvugwamo abakora ubujura kugeza ubwo hari abigeze kuniga Padiri bakamwambura telefone, ndetse kugeza ubu abagera ku icyenda bo mu ngo 11 bari mu igororamuco kubera ubujura.

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bamagana ubu bujura bavugwaho
Muri aka gace hagaragara imbwa nyinshi zikoreshwa muri ubwo bujura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Next Post

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.