Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe Bugesera FC bakoze igisa no kwigaragambya banga gukora imyitozo kubera ikibazo cy’imishahara bavuga ko batishyuwe.

Ubwo Abatoza bageraga ku kibuga cy’imyitozo kuri uyu wa 4, bahahuriye n’abakinnyi bose nk’uko byari bisanzwe ariko Abakinnyi bahita bamenyesha abatoza ko nta myitozo bari bukore kugeza igihe ubuyobozi bw’ikipe bukemuriye ikibazo cy’imishahara.
Abakinnyi barishyuza ibirarane by’amezi 3, gusa tariki ya 15 z’uku kwa 3, ibirarane bizuzura amezi 4.

Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC, bwemereye Radio/TV10 ko koko hari ibirarane by’imishahara y’amezi 3 bubereyemo abakinnyi ariko bari bababwiye ko bazabahemba bavuye mu kiruhuko gito cy’ikipe y’igihugu(international break) kiri muri uku kwezi kwa 3, bityo batari bakwiye guhagarika akazi.

“Amafaranga duhemba ikipe ari mu byiciro 2, hari atangwa ku ngengo y’imari isanzwe asohoka mu kwezi kwa 8, n’atangwa ku ngengo y’imari ivuguruye yo mu kwezi kwa mbere, ayo mu kwa mbere rero ntarasohoka” Gahigi Jean Claude, Perezida wa BUGESERA FC aganira na Radio/TV10.
Gahigi yakomeje avuga ko bitari bikwiye ko Abakinnyi banga gukora imyitozo, kuko iyo hari umukinnyi ufite ikibazo cyihutirwa yandikira ubuyobozi bukamuha amafaranga aba yifashisha, akazayakatwa mu gihe azaba yahembwe.

Ikibazo cy’imishahara mu ikipe ya Bugesera si ubwa mbere kivuzwe, cyane ko mu mwaka ushize w’imikino iyi kipe yagejeje ku mezi 5 idahemba, icyakora nyuma iyi mishahara Abakinnyi baza kuyihemberwa rimwe.

Ibi bibaye mu gihe iyi kipe iri kwitegura umukino wa shampiyona w’umunsi wa 20 aho izasura Musanze FC kuri Stade Ubworoherane.

Bugesera FC imaze imyaka 3 irwana no kutanuka mu cyiciro cya 2, ubu iri ku mwanya wa 9 n’amanota 23.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 18 =

Previous Post

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Next Post

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.