Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’imwe mu mitwe ya Politiki yo mu Rwanda, biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gushyigikira Leta gukaza ingamba z’ubwirinzi kubera inzitizi z’ibishaka guhungabanya umutekano w’iki Gihugu, banayisezeranya kuyiba hafi muri ibi bihe amwe mu mahanga akomeje kugifatira ibihano.

Mu kiganiro Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe yarimo atanga imbere y’abagize imitwe ya Politiki mu Rwanda, yagarutse ku mpungenge u Rwanda rufite ku mutekano waryo.

Imbwirwaruhame z’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, zumvikanamo umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, zatumye u Rwanda rutangira gushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Gen (Rtd) Kabarebe ati “Muri iyo minsi yaba Perezida Tshisekedi inshuro zigeze muri eshatu yavuze ko intego ye ari ugukuraho Leta y’u Rwanda. Perezida w’u Burundi muri iyo minsi ajya Kinshasa abwira urubyiruko ko azafasha urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Mu gihe abo bose bavuze ko bazakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda n’izindi ngabo mu miryango itandukanye zikaza muri DRC ni ukuvuga ko ubushotoranyi buri ku rundi rwego.”

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda, na bo bagaragaza ko bamaze kunga ubumwe na Leta mu kuyishyigikira ku cyemezo cyo gushyiraho ingamba z’ubwirinzi mu gukaza umutekano warwo.

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije ‘Green Party of Rwanda’ Dr Frank Habineza avuga ko bashyize hamwe mu gushyigikira kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Ati “Ndagira ngo abatwumva bose bamenye ko Abanyarwanda twese turi umwe kandi turi kumwe twese turaharanira ubusugire bw’Igihugu cyacu n’umutekano wacu.”

Umuvugizi w’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, Alphonse Nkubana avuga ko ashyigikigiye cyane ingamba z’ubwirinzi zashyizweho na Leta y’ u Rwanda mu kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Anenga abanenga u Rwanda gushyiraho izo ngamba z’ubwirinzi, ndetse bamwe bakanarufatira ibihano, ngo ni uko iki Gihugu cyanze gukuraho izo ngamba.

Ati “Ni nk’uko umuntu yazana umuhoro cyangwa inkota aje kugutema, ugakinga ukuboko. Yarangiza akabarara ngo kuki utakinze ijosi ngo ndice. Ni nkacyo baba bari kutubwira.”

Bimwe mu Bihugu by’amahanga bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira intara ibice binyuranye mu Ntara za Kivu zombi; iya Ruguru n’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda na rwo ruhakanira kure ibi birego aho rukomeje kugaragaza ko ntaho ruhuriye n’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa DRC.

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki bavuga ko bari kumwe na Leta
Dr Frank Habineza yavuze ko ubufatanye ari ngombwa

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Next Post

U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

U Rwanda rwaganiriye n'ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.