Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’imwe mu mitwe ya Politiki yo mu Rwanda, biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gushyigikira Leta gukaza ingamba z’ubwirinzi kubera inzitizi z’ibishaka guhungabanya umutekano w’iki Gihugu, banayisezeranya kuyiba hafi muri ibi bihe amwe mu mahanga akomeje kugifatira ibihano.

Mu kiganiro Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe yarimo atanga imbere y’abagize imitwe ya Politiki mu Rwanda, yagarutse ku mpungenge u Rwanda rufite ku mutekano waryo.

Imbwirwaruhame z’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, zumvikanamo umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, zatumye u Rwanda rutangira gushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Gen (Rtd) Kabarebe ati “Muri iyo minsi yaba Perezida Tshisekedi inshuro zigeze muri eshatu yavuze ko intego ye ari ugukuraho Leta y’u Rwanda. Perezida w’u Burundi muri iyo minsi ajya Kinshasa abwira urubyiruko ko azafasha urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Mu gihe abo bose bavuze ko bazakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda n’izindi ngabo mu miryango itandukanye zikaza muri DRC ni ukuvuga ko ubushotoranyi buri ku rundi rwego.”

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda, na bo bagaragaza ko bamaze kunga ubumwe na Leta mu kuyishyigikira ku cyemezo cyo gushyiraho ingamba z’ubwirinzi mu gukaza umutekano warwo.

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije ‘Green Party of Rwanda’ Dr Frank Habineza avuga ko bashyize hamwe mu gushyigikira kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Ati “Ndagira ngo abatwumva bose bamenye ko Abanyarwanda twese turi umwe kandi turi kumwe twese turaharanira ubusugire bw’Igihugu cyacu n’umutekano wacu.”

Umuvugizi w’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, Alphonse Nkubana avuga ko ashyigikigiye cyane ingamba z’ubwirinzi zashyizweho na Leta y’ u Rwanda mu kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Anenga abanenga u Rwanda gushyiraho izo ngamba z’ubwirinzi, ndetse bamwe bakanarufatira ibihano, ngo ni uko iki Gihugu cyanze gukuraho izo ngamba.

Ati “Ni nk’uko umuntu yazana umuhoro cyangwa inkota aje kugutema, ugakinga ukuboko. Yarangiza akabarara ngo kuki utakinze ijosi ngo ndice. Ni nkacyo baba bari kutubwira.”

Bimwe mu Bihugu by’amahanga bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira intara ibice binyuranye mu Ntara za Kivu zombi; iya Ruguru n’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda na rwo ruhakanira kure ibi birego aho rukomeje kugaragaza ko ntaho ruhuriye n’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa DRC.

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki bavuga ko bari kumwe na Leta
Dr Frank Habineza yavuze ko ubufatanye ari ngombwa

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Next Post

U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

U Rwanda rwaganiriye n'ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.