Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imitwe ya Politiki mu Rwanda yagize icyo yizeza Leta muri ibi bihe bitoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’imwe mu mitwe ya Politiki yo mu Rwanda, biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gushyigikira Leta gukaza ingamba z’ubwirinzi kubera inzitizi z’ibishaka guhungabanya umutekano w’iki Gihugu, banayisezeranya kuyiba hafi muri ibi bihe amwe mu mahanga akomeje kugifatira ibihano.

Mu kiganiro Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe yarimo atanga imbere y’abagize imitwe ya Politiki mu Rwanda, yagarutse ku mpungenge u Rwanda rufite ku mutekano waryo.

Imbwirwaruhame z’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, zumvikanamo umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, zatumye u Rwanda rutangira gushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Gen (Rtd) Kabarebe ati “Muri iyo minsi yaba Perezida Tshisekedi inshuro zigeze muri eshatu yavuze ko intego ye ari ugukuraho Leta y’u Rwanda. Perezida w’u Burundi muri iyo minsi ajya Kinshasa abwira urubyiruko ko azafasha urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Mu gihe abo bose bavuze ko bazakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda n’izindi ngabo mu miryango itandukanye zikaza muri DRC ni ukuvuga ko ubushotoranyi buri ku rundi rwego.”

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda, na bo bagaragaza ko bamaze kunga ubumwe na Leta mu kuyishyigikira ku cyemezo cyo gushyiraho ingamba z’ubwirinzi mu gukaza umutekano warwo.

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije ‘Green Party of Rwanda’ Dr Frank Habineza avuga ko bashyize hamwe mu gushyigikira kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Ati “Ndagira ngo abatwumva bose bamenye ko Abanyarwanda twese turi umwe kandi turi kumwe twese turaharanira ubusugire bw’Igihugu cyacu n’umutekano wacu.”

Umuvugizi w’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, Alphonse Nkubana avuga ko ashyigikigiye cyane ingamba z’ubwirinzi zashyizweho na Leta y’ u Rwanda mu kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Anenga abanenga u Rwanda gushyiraho izo ngamba z’ubwirinzi, ndetse bamwe bakanarufatira ibihano, ngo ni uko iki Gihugu cyanze gukuraho izo ngamba.

Ati “Ni nk’uko umuntu yazana umuhoro cyangwa inkota aje kugutema, ugakinga ukuboko. Yarangiza akabarara ngo kuki utakinze ijosi ngo ndice. Ni nkacyo baba bari kutubwira.”

Bimwe mu Bihugu by’amahanga bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira intara ibice binyuranye mu Ntara za Kivu zombi; iya Ruguru n’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda na rwo ruhakanira kure ibi birego aho rukomeje kugaragaza ko ntaho ruhuriye n’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa DRC.

Abayobozi b’Imitwe ya Politiki bavuga ko bari kumwe na Leta
Dr Frank Habineza yavuze ko ubufatanye ari ngombwa

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =

Previous Post

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Next Post

U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

U Rwanda rwaganiriye n'ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.